Yanditswe Dec, 22 2017 21:46 PM | 4,575 Views
Mu Rwanda hatangiye kugeragezwa uburyo bw'imihingire bugamije kurwanya
ibyonnyi birimo na nkongwa idasanzwe. Ubu buryo buzwi nka ''Push-Pull'' kuri uyu
wa Gatanu bwaganiriweho n'abashakashatsi
ndetse n'abahinzi bahagarariye abandi mu Rwanda, bukaba bwibanda kubangikanya
imyaka n'ibyatsi byifitemo impumuro yirukana ibyonnyi.
Nkongwa idasanzwe ni kimwe mu byonnyi bihangayikishije abahinzi haba mu
Rwanda no hirya no hino ku isi. Uburyo bukomatanyije burimo no gutera imiti yica
udukoko ibi byonnyi bugenda butanga umusaruro ariko bisa naho ikibazo
kigikeneye izindi ngamba zo kukirwanya.
Ikigo mpuzamahanga mu kurwanya ibyoni ICIPE (International Center for Insect Physiology and Ecology) gitangaza ko uburyo bwo kubangikanya ibimera byifitemo bushobozi bwo kwirukana ibyonnyi buzwi nka PUSH-PULL, buhangana ku rwego rwo hejuru na nkongwa idasanzwe imaze igihe iyogoza ibigori mu duce dutandukanye tw'isi.
Mu duce dutandukanye tw'igihugu hari abahinzi bamaze gushyikirizwa ibyatsi bya Desmodieu na blacaria bizwi ho guhashya ibyonnyi n'icyatsi cya rwona, aba bahinzi bakavuga ko ngo ibi byatsi bifite n'undi mumaro ukomeye haba mu kugaburirwa amatungo no kurwanya isuri.
Umuyobozi w'ishami ry' ubushakashatsi mu kigo gishinzwe iterambere ry'ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda Dr. Karangwa Patrick avuga ko buriya buryo bwo
guhangana n'ibyonnyi hifashishijwe kubangikanya imyaka n'ibimera byifitemo
ubushobozi bwo kwirukana ibyonnyi ''Push-Pull'' bwatangiyekugeragezwa mu bigo
by' ubushakashatsi bitandukanye ndetse no mu mirima y'imwe mu bahinzi ngo
bukaba bwitezweho gutanga umusaruro bufatanyijwe n' izindi ngamba zisanzweho zo
kurwanya nkongwa idasanzwe.
Ubushakashatsi bugaragaza ko ibigori bifie agaciro ka miliyari n' igice y'amadorari byangizwa n' ibyonnyi (stemborer) buri mwaka muri Afrika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara mu gihe ngo 24% b'umusaruro ubarirwa miliyari na magana abiri z'amadorari wangizwa n' icyatsi bamwe bita rwona abandi kurisuka (Striga). Buriya buryo bwo kurwanya ibyonnyi busanzwe bumenyerewe ariko ibyo kuba buhangana na nkongwa byo bimaze amezi make bimenyekanye
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru