AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Hibutswe abakoreraga MININTER, MINIFOP na MINITRASO bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe May, 11 2021 09:22 AM | 27,686 Views



Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yanenze bamwe mu bayobozi n’abakozi bishe bagenzi babo mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi 1994. Ibi yabigarutseho mu muhango wo kwibuka abakoreraga MININTER, MINIFOP na MINITRASO.

Kwibuka abakozi bakoreraga Minisiteri y’Umutekano (MININTER), Minisiteri y’Abakozi ba Leta (MINIFOP) na Minisiteri y’Umurimo n’Imibereho y’abaturage (MINITRASO) bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi byakozwe hashyirwa indabo ku kimenyetso kiriho amazina yabo, hacanwa n’urumuri rw’icyizere. Imiryango y’aba bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi bagaragaza ikibazo cy’uko hari abo batamenye aho imibiri yabo iri ngo ishyingurwe.

Izi minisiteri zakoreraga mu nyubako ubu ikorerwamo na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu (DGIE). Abakozi bakorera izi nzego bakaba ari bo bitabiriye uyu muhango wo kwibuka.

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yanenze abayobozi bishe abo bakoreshaga ndetse n'abakozi bishe abo bakoranaga. Ibi ngo bigaragaza urwango rubi rwari rwarabibwe n'ubuyobozi bwimakazaga amacakubiri.

Yagize ati « Hari abayobozi bishe abakozi babo,hari n'abakozi bishe abayobozi babo bigaragaza urwabgo n'amacakubiri byari byarahawe intebe mu kazi kakabaye agahuza abakozi n'abayobozi bakubaka igihugu cyabo. Uyu rero ni umwanya ukomeye nk'abayobozi n'abakozi b’izi ministeri zombi dukwiriye gusubiza amaso inyuma tukigira ku mateka yaranze igihugu cyacu. »

Minisitiri Gatabazi avuga nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ko Leta yafashije abarokotse jenoside kugarura icyizere cyo kubaho binyuze mu bufasha butandukanye.

Ati « Binyuze mu kigega FARG Leta y'u Rwanda yakomeje gufasha abarokotse Jenoside yarewe Abatutsi, batishoboye  kubona amacumbi n'ibindi bikenerwa harimo, amatungo, ubufasha mu mishinga ibyara inyungu, kwivuza , amashuri n'ibindi. Habayeho kandi ibikorwa by'ingabo zikora mu gutanga ubufasha ku baturage, babavura, ndetse n'abarokotse jenoside basigaranye ibikomere  bakomeje gufashwa kugira ngo uburwayi butandukanye bahuye na bwo bushobore gukira.Nkaba mboneraho gusaba ubuyobozi bwose gukomeza gushyira imbaraga muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda ntibe ikiganiro ahubwo ikaba ubuzima kugira ngo tuzubake igihugu gishingiye ku Munyarwanda twifuza. »

By’umwihariko, abakozi bibutswe ni 25 barimo 8 bakoreraga MINIFOP, 7 bakoreraga MININTER n’abakozi 10 bakoreraga MINITRASO.

Chadia Providence UWITONZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira