AGEZWEHO

  • Rutsiro: Miliyari 2 zigiye gukoreshwa mu gusana umuhanda Kivu Belt – Soma inkuru...
  • Gicumbi: Abantu 7 bakubishwe n'inkuba umwe arapfa – Soma inkuru...

Huye: Abadepite bijeje ubuvugizi ku mihanda ijya mu cyanya cy’inganda cya Sovu

Yanditswe May, 29 2023 21:02 PM | 36,818 Views



Abakorera mu cyanya cy’inganda cya Sovu cyo mu Karere ka Huye, bagaragarije itsinda ry’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko imbogamizi bagihura nazo zirimo imihanda mibi ndetse n’umuriro udahagije, abadepite babizeza ubuvugizi kuri ibyo bikorwaremezo.

Mu cyanya cy’inganda cya Sovu mu Karere ka Huye, umukozi wo mu ruganda rukora divayi mu bitoki arasobanurira itsinda ry’Abadepite bo muri komisiyo ishinzwe ubukungu mu Nteko Ishinga Amategeko imikorere y’uru ruganda.  

Mu myaka isaga 7 uru ruganda rukora Divayi rukorera aha i Sovu ndetse n’urundi ruganda rukora ifumbire, abakozi bazo bagaragarije abadepite imbogamizi bakomeje kugenda bahura nazo zituma zidatanga umusaruro uko bikwiye. 

Izo mbogamizi zanagaragajwe na Huye mountain Coffee.

Depite Munyaneza Omar uyoboye komisiyo ishinzwe ubukungu mu Nteko Ishinga Amategeko yijeje aba banyenganda ubuvugizi mu gukemura ikibazo cy’ibikorwa remezo bikiri bike muri iki cyanya cy’inganda cya Sovu.

Icyanya cy’inganda cya Sovu cyantangiye mu 2016. 

Kiri ku buso bwa ha 50, kugeza ubu kimaze kugeramo inganda 8, muri zo 5 ni zo zikora izindi ziracyarimo kubakwa.  


Alain MBANZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF