AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Huye: Harimo kubakwa inzu 150 zo gutuzamo imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe Apr, 11 2022 13:59 PM | 27,887 Views



Mu karere ka Huye hakomeje ibikorwa byo kubakira amacumbi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batagira aho kuba, aho kuri ubu hirya no hino mu Mirenge y’aka karere karimo kubakwa inzu 150. 

Bamwe mu barokotse Jenoside bazatuzwa muri izi nzu, barahamya ko bagiye guca ukubiri n’ubuzima bwo gusembera bagatangira inzira yo kwiyubaka.

Mu kagali ka Sovu mu Murenge wa Huye ni hamwe mu harimo kubakwa izi nzu, aha i Sovu inzu 12 ziri mu bwoko bwa 2 in 1 zirimo gukorerwa amasuku kugira ngo imiryango 24 y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi izituzwemo.

Bamwe mu bagize imiryango izazituzwamo barashimira leta yabubakiye, bakavuga ko bitari byoroshye kumara imyaka 28 badafite aho kuba kuko bamwe bari bacumbikiwe n’abaturanyi babo abandi bagakodesha ibintu bemeza ko byari biruhije.

Mu Murenge wa Huye indi miryango 70 y’Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi niyo isigaye idafite aho kuba, gahunda ni uko nayo izubakirwa nk’uko bikubiye muri gahunda y’imyaka 5.

Uretse abatarabona icumbi, muri uyu murenge wa Huye hari n’abubakiwe nyuma gato ya Jenoside ku buryo inzu zabo zishaje cyane nk’izo mu mudugudu wa karambo.

Mu karere ka Huye mu ngengo y'imari igana ku musoza, hateguwe milliyari 1.6 Frw zo  kubakira icumbi abarokotse Jenoside batishoboye.


Tuyisenge Adolphe




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama