AGEZWEHO

  • Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu – Soma inkuru...
  • Guhisha imibiri y'abazize Jenoside bifitanye isano n'ingengabitekerezo yayo- Dr Bizimana – Soma inkuru...

Huye: Ingo 3000 zo muri Mbazi zahawe amazi

Yanditswe Jul, 02 2022 15:08 PM | 136,835 Views



Ingo zisaga ibihumbi bitatu zo mu Murenge wa Mbazi mu karere ka Huye zabonye amazi meza muri uyu mwaka w’imihigo dusoje, ni nyuma yo kuzura k’umuyoboro w’amazi w’ibilometero 49 watashywe ku mugaragaro wo kuri uyu wa Gatanu.

Abaturage bahawe amazi bishimira ko bizihije ku nshuro ya 28 isabukuru yo Kwibohoro, begerejwe ibikorwa remezo birimo n’aya mazi .

Muri ibi bikorwa bishimira harimo nk'umuyoboro w'amazi wubatswe ku bufatanye na World Vision, amashanyarazi ndetse n'abubakiwe inzu zo kubamo. Ibi ngo byatumye imibereho yabo ihinduka.

Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange asaba abaturage kugira uruhare mu kubungabunga ibi bikorwaremezo, ariko kandi ngo n'abataregerejwe ibikorwa remezo bashonje bahishiwe.

Muri uyu Murenge wa Mbazi umuyoboro w'amazi wakozwe watwaye asaga Miliyoni 600, amashanyarazi atwara miliyoni 32 Frw naho inzu zubakiwe abatishoboye zitwara asaga Miliyoni 250. 

Byose byari mu mihigo y’umwaka wa 2021-2022.

Jean Pierre Ndagijimana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)