AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

I Kigali hagiye kubera imurikagurisha ridasanzwe rigenewe iminsi mikuru

Yanditswe Dec, 04 2022 18:34 PM | 204,298 Views



Urugaga rw’abikorera mu Rwanda rwateguye imurikagurisha ridasanzwe rigiye kuba ku nshuro ya mbere rigenewe iminsi mikuru. Intego yaryo ngo ni ugufasha abaturarwanda kubona aho bahahira bidasabye ko bakora ingendo.

Ahasanzwe habera imurikagurisha mpuzamahanga I Gikondo ni ho harimo kubera imyiteguro yo kubaka ahagiye kubera iri murikagurisha ridasanzwe rigenewe iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.

Bamwe mu bacuruzi ngo baryitezemo inyungu no kwegereza abaturage ibicuruzwa badakoze ingendo kandi hakazabaho no kugabanya ibiciro kubera iyi minsi mikuru. Bishimira ko iri murikagurisha ridasanzwe rije kuziba icyuho batewe n’icyorezo cya COVID19 mu minsi mikuru nk’iyi.

Iri murikagurisha rizatangira taliki ya 8 Ukuboza 2022 rikazamara iminsi 18.

Umuvugizi w’urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF, Walter Hunde, avuga ko bariteguye bagamije gufasha abaturage kwegerezwa ibicuruzwa no gufasha abacuruzi kumenyekanisha ibyo bakora cyane cyane ibikorerwa mu Rwanda.

Iri murikagurisha biteganyijwe ko rizitabirwa n'abamurika ibicuruzwa byabo bagera kuri 400.

Kuri Iki Cyumweru hari hamaze kwiyandikisha abagera kuri 300 bose bazaturuka mu bihugu 11.

Muri iri murikagurisha kandi hazajya hatangirwamo na serivisi z’Umujyi wa Kigali zigendanye n’ubutaka harimo gukora ihererekanya hagati y’abaguze, ibyangombwa by’ubutaka n’ibyo kubaka.


Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama