AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

I Kigali hakozwe umuganda wo gutoragura imyanda

Yanditswe Nov, 13 2021 19:41 PM | 74,404 Views



Kuri uyu wa Gatandatu, abayobozi n'abaturage mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali, bazindukiye mu bikorwa byo kunoza isuku, byibanze ku gutoragura imyanda ibangamiye abantu n'ibidukikije muri uyu mujyi.

Ni ibikorwa byitabiriwe kandi na bamwe mu bakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije REMA  na Minisiteri y'Ibidukikije. Bamwe mu bitabiriye ibi bikorwa by’umwihariko urubyiruko,bavuga ko kubyitabira ari ishema kuri bo.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko n’ubwo ibikorwa by’umuganda bitarakomorerwa, bashyizeho uburyo bwihariye  bwo gukora isuku bakoresheje abantu bake, kugira ngo umujyi ukomeze gusa neza.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'ibidukikije Patrick Karera avuga ko bigaragara ko umuganda uhuza abaturage ukenewe, ariko kuwusubukura bizaturuka ku cyemezo kizashingira ku isesengura rya Minisiteri y’Ubuzima.



 Jean Paul MANIRAHO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira