AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

I Paris hatashywe ahantu hitiriwe Birara Aminadabu wo mu Bisesero

Yanditswe May, 14 2022 20:01 PM | 73,066 Views



I Paris mu Bufaransa hamaze gutahwa umuhanda witiriwe Birara Aminadabu wafashije cyane abanyabisesero kwirwanaho bahangana n’abicanyi mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Umuryango Ibuka mu Bufaransa ukavuga ko iyi ari intambwe ikomeye mu dukomeza kwigisha amateka ya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Rwagati mu Mujyi wa Paris ahazwi nka 18 eme arrondissement ni ho hashyizwe umwanya witiriwe Aminadabu Birara, ikimenyetso gikomeye cy’ubutwari abanya Bisesero bagaragaje mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi.

Kaze Ornella umujyanama muri Ambassade y’u Rwanda mu Bufaransa avuga ko kugira umwanya nk’uyu mu gihugu cy’amahanga bifite akamaro kanini.

Nsanzimana Etienne, Umuyobozi wa Ibuka mu Bufaransa we asanga ubu ari ubundi buryo buzafasha kurushaho kurwanya abahakana jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Umuhungu wa Birara Aminadabu yari ifite imyaka 15 mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi. Kuba ubutwari bw’abanyabisesero bwaramenyekanye no mu mahanga ngo bikwiye gutuma Abanyarwanda bakomeza guharanira ubutwari mu gihugu cyabo.

Uyu mwanya witiriwe Birara  mu Mujyi wa Paris ni urwibutso rwa gatatu mu Mujyi wa Paris rugaragaza amateka ya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda rukaba urwa 11 mu Bufaransa bwose.


Jean Damascène MANISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura