Yanditswe May, 15 2022 18:25 PM | 64,810 Views
Mu kwibuka kunshuro ya 28 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu
karere ka Kamonyi, umuryango uharanira inyungu z'abarokotse Jenoside wasabye ko imanza zasizwe na Gacaca n'izindi zose zifitanye isano na Jenoside
yakorewe abatutsi zakwihutishwa kandi zikajya zicibwa mu mucyo.
Kuri iki cyumweru, abatuye Akarere ka Kamonyi, abahavuka n'inshuti zabo
bakaba bunamiye abatutsi bishwe muri
Jenoside, banafata mu mugongo imiryango ibiri yashyinguye imibiri y'abantu babo
bishwe muri jenoside iherutse kuboneka.
Abashoboye kurokoka ubwicanyi dengakamere bwabereye aha ku kamonyi mu gihe cya Jenoseide yakorewe abatutsi, bagarutse ku nzira y'umusaraba banyuzemo, ababigize uruhare muri ubwo bwicanyi n'ababafishije kurokoka barimo n'ingabo za FPR Inkotanyi zitanze kugera mu karere ka Kamonyi
Perezida wa Ibuka, Egide Nkuraga
avuga ko n'ubwo hakozwe byinshi mu guha ubutabera abarokotse Jenoside harimo no
kuriha imitungo yasahuwe mu gihe cya Jenoside ahanini binyuza mu nkiko Gacaca, hari imanza nke zitararangizwa kandi hari n'ibindi bibazo by'imitungo
y'abarokotse Jenoside bimaze igihe mu nkiko rimwe na rimwe bikadindizwa
n'imikorere itari myiza ya bamwe mubakoze b'inkiko.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi avuga ko muri rusange
kurangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside muri iyi ntara bizarangirana na Nyakanga uyu mwaka.
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Dr
Faustin Ntezilyayo yavuze ko agiye kuvugana n'inzego bireba ibibazo
byose bishobora kubangamira inzira y'ubutabera u Rwanda rwiyemeje ku banyarwanda
n'abarokotse jenoside by’umwihariko, bigashakirwa ibisubizo.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buvuga ko Uturere 5 ku 8 tuyigize twamaze kurangiza burundu imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside.
Kuri ubu ngo
hasigaye imanza 417 zitararangizwa, muri Kamonyi by’umwihariko ku manza 52,376 z’imtungo yangijwe muri Jenoside
hasigaye 3 gusa zitararangizwa.
Jean Paul MANIRAHO
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru