AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

IPRC Kigali: Hatangirijwe gahunda ya FIFA ya Siporo mu mashuri - Amafoto

Yanditswe Mar, 14 2023 14:18 PM | 49,987 Views



Kuri uyuwa Kabiri, Umunyamabanga w'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku Isi FIFA, Madamu Fatma Samoura, Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, Gaspard Twagirayezu, Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru FERWAFA, Olivier Nizeyimana, n'abandi bayobozi, bafunguye kumugaragaro gahunda ya FIFA ya Siporo mu mashuri igamije guteza umupira w'amaguru. Ni igikorwa cyabereye muri IPRC Kigali.

Iki ni kimwe mu bikorwa bya FIFA bibanziriza Inteko rusange yayo ya 73 izabera mu Rwanda, muri BK Arena tariki 16 Werurwe 2023.

Iyi nteko rusange kandi izatangarizwamo umuyobozi mushya wa FIFA ku isi, umwanya uriho umukandida umwe rukumbi Gianni Infantino ari nawe usanzwe uyobora iyi mpuzamashyirahamwe, umwanya yagiyeho mu kwezi kwa Kabiri mu mwaka wa 2016.

Ni inteko rusange yabanjirijwe n'ibikorwa bitandukanye bya FIFA mu gihugu byatangiye tariki ya 13 Werurwe bikazasozwa tariki 16 Werurwe, birimo n'iki gikorwa cyo gutangiza gahunda ya Siporo mu mashuri.


Jean-Paul Niyonshuti


Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir