AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

Ikibazo cya viza ku banyafurika bagenda mu bihugu bya Afurika kiracyari ingutu

Yanditswe Oct, 16 2017 18:20 PM | 3,970 Views



Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga iratangaza ko kuva u Rwanda rwakuraho Viza ku banyafurika bifuza kuruzamo byorohereje urujya n'uruza ndetse ko nta n'ikibazo kirabaho. Ibi byatangajwe mu nama y'impuguke z'Umuryango wa Afurika yunze ubumwe mu bijyanye n'abimukira impunzi n'abahungiye mu gihugu imbere.

Izi mpuguke mu bijyanye n'abimukira, impunzi n'abahungiye mu gihugu imbere, zigiye kumara iminsi ine mu Rwanda ziga ku cyakuraho imbogamizi zikibangamiye urujya n'uruza ku mugabane wa Afurika.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, Nikobisanzwe Claude, agaragaza ko kuba hari ibihugu muri Afurika bicyumva ko gufungura imipaka byaba ari uguha ikaze abahungabanya umutekano ari ikibazo cy'imyumvire ku kamaro k'urujya n'uruza.

Umuyobozi w'Ishami rishinzwe politike muri Komisiyo y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, avuga ko kuba u Rwanda rwarafunguye imipaka ntihagire ikibazo kibaho bikwiye kubera isomo n'ibindi bihugu mu korohereza urujya n'uruza ku mugabane.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira