AGEZWEHO

  • Nyiramunukanabi yabaye imari i Bugesera – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yakiriye abayobozi ba AU bari mu mwiherero i Kigali – Soma inkuru...

Ibikoresho bya mbere byo kubaka uruganda rw’inkingo byageze mu Rwanda

Yanditswe Mar, 13 2023 15:56 PM | 48,441 Views



Kuri uyu wa  Mbere, u Rwanda rwakiriye ibikoresho bizakoreshwa mu kubaka uruganda rw’inkingo n’imiti biturutse mu Budage.

Mu masaha y’igicamunsi ni bwo icyiciro cya mbere cy'imashini z'urwo ruganda zubakiye muri kontineri nini zizwi nka BionTainers cyageze  Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali.  

Ni kontineri za rutura 6 zazanywe n'indege yo mu bwoko bwa Antonov iri mu nini zitwara imizigo ku Isi.

Minisitiri w'Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko izi ari inzozi zigiye kuba impamo.

Minisitiri Nsanzimana ashimangira kandi ko n'inzego z'uburezi n'ubushakashatsi zizungukira kuri uru ruganda.

U Rwanda rubimburiye ibihugu birimo Senegal na Afurika y’Epfo na byo bifitanye amasezerano na BionTech yo kubaka inganda z'inkingo n'imiti muri ibyo bihugu.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa muri BionTech Dr. Sierk Poetting avuga ko u Rwanda ari rwo rwatoranyijwe ngo rube icyitegererezo muri uyu mushinga mugari ugamije gufasha Afurika kwikorera inkingo n'imiti.

Uru ruganda ruzakorera mu cyanya cy'inganda i Masoro mu Mujyi wa Kigali, rukaba ruzaba rufite ubushobozi bwo gukora doze z'inkingo zisaga miliyoni 50 ku mwaka.

Ruzakora inkingo zirimo iza COVID19, iza kanseri n'iza malariya ndetse na SIDA zigeze ku musozo w'igerageza.

Biteganyijwe ko icyiciro cy'ibindi bikoresho bigize uruganda birimo izindi BionTainers 6 bizagera mu Rwanda mu mezi make ari imbere ku buryo inkingo za mbere zizakorwa n'uru ruganda zizajya ku isoko mbere y'uko uyu mwaka urangira.

Ni umushinga munini wa miliyari zibarirwa mu 100 z'amafaranga y'u Rwanda.

Kugeza ubu Abanyarwanda 9 ni bo bazakora muri uru ruganda ariko muri 2024 bakazagera ku 100 nyuma yo kwigira ku nzobere zo muri BionTech.


Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD