AGEZWEHO

  • Amerika yakebuwe ku kwinangira gukoresha imvugo nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...

Ibiro by'umugenzuzi w'imari ya leta byizihije igihembo begukaniye Nigeria

Yanditswe May, 19 2016 18:51 PM | 3,733 Views



Kuri uyu wa Kane, ibiro by’umugenzuzi w’imari ya Leta byizihije igihembo baheruka kwegukana muri Nigeria cya raporo nziza y’ubugenzuzi bw’imari muri Africa gitangwa n’umuryango AFROSAI-E.

Iyi raporo yahembwe yari ijyanye n’ikoreshwa n’igenzura ry’ikoresho byifashishwa mu kuhira kugira ngo umusaruro uva mu buhinzi wiyongere (Utilization and Maintenance of Irrigation and Mechanization Equipment).

Ibiro by’umugenzuzi w’imali ya Leta byahawe iki gihembo taliki ya 9 Gicurasi Abuja muri Nigeria mu nama ya 13 ihuza ibigo bya Afurika bigenzura imari kandi bikoresha ururimi rw’ icyongereza. Iyi raporo yabaye iya mbere mu zindi nyinshi ziba zihatana, bikaba ari n’ubwa mbere u Rwanda rutsinze.

Umuyobozi mukuru w’imari ya Leta Obadiah Biraro yashimiye abafatanya bikorwa ndetse n’ abagenzuzi b’imari ya leta ku bushake bwo guhora imbere muri byose bakoresha ubushobozi bafite neza kandi bakangurira abandi kubukoresha neza.

Ibi birori byari byitabiriwe n’ubuyobozi bwa ambasade ua Sweden mu Rwanda, Komisiyo y'Abadepite Ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry'Imari n'umutungo bya leta (PAC), abadepite n’abakozi ba AOG.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #