AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Ibohorwa rya Kigali ikimenyetso ntashidikanywaho cy’ubutwari bw’Inkotanyi

Yanditswe Jul, 05 2020 09:34 AM | 56,342 Views



Bamwe mu bari mu mujyi wa Kigali tariki ya 4 z’ ukwezi kwa karindwi 1994 bahamya ko kubohora umujyi wa Kigali ari kimwe mu bimenyetso byinshi biranga ubutwari bw’ ingabo z’ inkotanyi n’umusingi uhamye wo kubaka u Rwanda rushyashya.

Amashyi y’ibyishimo ku kiliziya y’umuryango mutagatifu tariki ya 4 nyakanga 1994. Si abantu baje gusenga ahubwo ni abamaze amezi hafi atatu barataye icyizere cyo kubaho babonye ingabo z’ inkotanyi zije kubarokora. Gasasira Jean Marie Maurice wahahungiye jenoside yakorewe abatutsi igitangira avuga ko uwo munsi byabaye nko kuvuka bundi bushya.

Ubuhamya Gasasira abuhuriraho n’abandi benshi barimo na Mutabazi Godefroid warokokeye jenoside yakorewe abatutsi ku Kimihurura mu mujyi wa Kigali.

Kuri Gasasira na Mutabazi ngo kurokorwa n’ingabo z’inkotanyi ndetse no kubohora umujyi wa Kigali byaberetse ubutwari budasanzwe bw’izo ngabo. Ikintu bahuriraho na Faustin Gashugi wari umukommando mu zahoze ari ingabo z’ u Rwanda, Ex FAR.

Faustin Gashugi Kunde avuga ko nubwo umujyi wa Kigali wabohowe tariki ya 4 nyakanga 94 ibimenyetso byo gutsindwa urugamba kuri Ex FAR byari byarigaragaje kera.

Kuri Faustin Gashugi Kunde ngo kubohora u Rwanda no kuruha icyerekezo gishya ni igikorwa cyuje ubushishozi n’ ubudasa.

Nyuma y’ imyaka 26 u Rwanda rubohowe ahari ishusho y’umwijima n’ urupfu ubu hatamirije umucyo n’ icyizere cy’ ubuzima bwiza ari nako igihugu gikataza mu iterambere.

Inkuru irambuye


Jean Damascene MANISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira