AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Iby'ingenzi Prof Lyambabaje azibandaho mu kuyobora Kaminuza y’u Rwanda

Yanditswe Feb, 13 2021 10:31 AM | 56,252 Views



Umuyobozi mushya wa Kaminuza y' u Rwanda Prof Lyambabaje Alexandre aratangaza ko iyi kaminuza yifuza ko yazana impinduka mu buzima bw'abaturarwanda, hashingiwe ku bumenyi, ikoranabuhanga n'umuco. Ibi yabitangaje ubwo hakorwaga ihererekanyabubasha hagati ye n'uwari uyiyoboye by'agateganyo Dr Malimba Musafiri Papias.

Ni ihererekanyabubasha ryakorewe imbere ya Minisitiri w'Uburezi, Dr Uwamariya Valentine.

Umuyobozi mushya wa Kaminuza y'u Rwanda Prof Ryambabaje Alexandre avuga ko mu mihigo ye, avuga ko azibanda cyane ku gucunga nzeza no kubungabunga umutungo wa mbere w'ibanze wa  kaminuza ari bo banyeshuri,akita ku barimu abafasha kuzuza neza inshingano zabo uko bikwiye kandi hakanakorwa neza politiki yo kuzamura mu ntera abagejeje igihe cyabyo, gutanga serivisi inoze ku bagana iyi kaminuza, ariko kandi ibi byose bikazagendera mu mirongo migari ine nk'uko uyu muyobozi abisobanura.

Yagize ati “Tuzateza imbere uburezi, guteza imbere ubushakashatsi, gukora ku buryo habaho ikoranabuhanga kandi tukanareba ko buri Munyarwanda cyangwa buri muntu uri muri Kaminuza y'u Rwanda agira uruhare mu iterambere ry'aho ari, atuye cyangwa aho yiga.”

Prof  Lyambabaje wanamenyekanye  kandi akamamara cyane muri siporo y' u Rwanda cyane cyane mu  mukino wa Volley Ball avuga ko urwego imikino iriho muri kamunuza rugomba kuzamuka hifashishijwe amashyirahamwe anyuranye y'imikno ari mu gihugu, ndetse bikanagera no ku rwego mpuzamahanga kandi mu mikino yose.

Ati “Ni ngombwa rero muri iyi myaka ko tureba imbogamizi zihari, byaba ibyo bibuga byaba ubushobozi, ngira n'amahirwe ko bamwe mu bayobozi b'imikino mu gihugu hari abagiye banyandikira bambwira ko biteguye gukorana na kaminuza, tuzafatanya rero twese turebe ko twateza imbere siporo.”

Minisitiri w'Uburezi Dr Uwamariya Valentine, avuga ko amavugururwa ari gukorwa muri Kaminuza y'u Rwanda akomeje harimo kuzuza inzego z'ubuyobozi, ariko kandi na none hanibandwa ku kubaka ubushobozi bwa kaminuza yigisha abanyeshuri basubiza ibibazo biri mu gihugu.

Ati “Amavugururwa ngira ngo murabizi ko tuyakomeje, turacyashaka ushinzwe ireme ry'uburezi n'ubushakashatsi kuko ubu uyu muyobozi ni we uzaba anabishinzwe b'agateganyo, ariko na none nk'uko mwabyumvise tugomba no kureba program dutanga muri kaminuza, ese zubatse zite? ese zirasubiza ibibazo dufite uyu munsi? Amavugurwa rero azajya muri program zigishwa ndetse no mu mikorere muri rusange.”

Kaminuza y’u Rwanda ibarirwamo abanyeshuri basaga ibihumbi 27. Icyicaro gikuru cyayo kiri mu Mujyi wa Kigali, ndetse ifite za koleji hirya no hino mu Gihugu.

Jean Claude KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize