AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Icyanya cyahariwe inganda muri Nyabihu kugeze ubu kirimo inganda 3 gusa

Yanditswe May, 09 2022 15:10 PM | 119,253 Views



Abafite inganda mu cyanya cyahariwe inganda mu karere ka Nyabihu, batangaje ko kubona aho bashyira ibikorwa byabo hagutse byabafashije kunoza akazi bakora, gusa abaturiye iki cyanya basanga hakenewe gushyiramo ibikorwaremezo byorohereza abandi bashoramari bifuza gushyiramo inganda.

Uruganda rutunganya ifu ya kawunga Mutinyimana Shop Ltd ni rumwe mu nganda 3  zimaze kugera mu cyanya cyagenewe inganda mu karere ka Nyabihu, giherereye mu murenge wa Mukamira

umuyobozi w’uru ruganda, Mutuyimana Djafet avuga ko gutinyuka nk’abashoramari bakaza gukorera mu cyanya cy’inganda byabahaye amahirwe yo gukora bisanzuye kandi bagategura igenamigambi ry’igihe kirekire ntacyo bikanga .

Nubwo ari icyanya kimaze kugeramo inganda 3 gusa, bamwe mu baturage bo muri Nyabihu bavuga ko izo nganda zatanze akazi baca ukubiri n’ubushomeri.

Ku rundi ruhande abaturiye iki cyanya bagaragaza ko kuba kidatunganijwe ngo gishyirwemo ibikorwaremezo by’ibanze bikurura abandi bashoramari ngo bazanemo inganda, ari igihombo kuko gifite hegitari zisaga 50. 

Ni ikibazo bahuje n’abafitemo inganda kuko nabo bemeza ko ari imbogamizi ku bashaka kuzanamo inganda.

Kugeza ubu muri iki cyanya harimo uruganda rukora ifiriti, urutunganya amata rwa Mukamira Dairy ndetse n’urutunganya kawunga. 

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette asobanura ko kuba hari ibikorwaremezo bitarashyirwamo ngo byatewe n’ubushobozi butaraboneka.

Uyu muyobozi akomeza atanga icyizere ku bashoramari bifuza kuzana inganda muri aka karere ka Nyabihu ko biteguye kubafasha.

Icyanya cy’inganda cya Nyabihu kimaze imyaka isaga 6 gishyizweho kuko cyatangiranye inganda 2 nini zaje muri gahunda y’uruganda iwacu, yari igamije kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi biboneka mu duce izo nganda zubatswemo.


Ally Muhirwa




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko