Yanditswe Aug, 03 2020 09:25 AM | 29,317 Views
Abanyarwanda mu bice bitandukanye by’igihugu
baravuga ko icyorezo cya COVID19 kizabangamira bikomeye umunsi w’umuganura
kuko ngo abaturage batazasaba nk’uko byari bisanzwe.Icyakora bamwe muri bo
barvuga ko uyu munsi ukomeye bazawizihiriza mu miryango yabo.
Umuganura ni umuhango ufite inkomoko mu mateka yo hambere mu rwanda, ndetse impuguke mu mateka zemeza ko ari imigenzo yatangiranye n'ingoma ya Gihanga Ngomijana cyangwa Gihanga cyahanze u Rwanda.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w'umusigire w'inteko Nyarwanda y'ururimi n'umuco Nsanzabaganwa Modeste avuga ko umuganura watangizwaga n'umwami, ugamije gusabana no gusuzuma ibyagezweho.
Ati ''Umuganura watangizwaga n'umwami, akagaragaza ibikorwa bikomeye cyane ko yubashye abantu kandi agiye gutangiza igikorwa cyo gusabana. Ubundi ku muganura yapfukamiraga rubanda, bikagaragaza icyubahiro n'urukundo afitiye Abanyarwanda. Noneho hakabaho gusabana no gusuzuma ibyagezweho mukanareba impamvu yabyo, mukareba niba byaragezweho mugafata n'ingamba y'uko byarushaho kugenda neza.''
Mu gihe u Rwanda ruhanganye n'icyorezo cya COVID19, umuganura uzizihizwa ariko ubusabane buhuza abantu benshi ntibuzaba kubera kwirinda icyo cyorezo.
Ati ''Bizakorwa binyuze mu butumwa abayobozi n'izindi mpuguke bazajya batanga binyuzwe ku maradio na televiziyo, ariko mu miryango bo bemerewe gusabana kuko n'ubundi basanzwe bemerewe kuba hamwe mu nzu imwe, bazasabana bubahiriza ya mabwiriza bahabwa kugira ngo birinde Covid 9.''
Umuganura w'uyu mwaka wa 2020 uzizihizwa tariki ya 07 Kanama, hagedewe ku nsanganyamatsiko igira iti'' Umuganura isoko y'ubumwe n'ishingiro ryo kwigira.
Minisiteri y’Urubyiruko númuco ifatanyije nInteko Nyarwanda y'ururrimi n'umuco itangaza ko mu cyumweru gitangira kuri uyu wa mbere hazabaho ibiganiro ku ntego zo kwizihiza umunsi mukuru w'umuganura, ariko hanibutswa ko ibirori bizahuza abantu benshi bitemewe, Abanyarwanda bagashishikarizwa kuzirikana kuganuza abatarageze ku musaruro mwiza.
John BICAMUMPAKA
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru