Yanditswe Mar, 04 2020 11:26 AM | 7,974 Views
Ambasade y'u Bufaransa mu Rwanda yatangaje ko mu mpera z'uyu mwaka Ikigo ndangamuco cy'u Bufaransa mu Rwanda kizongera gukora.
Mu kiganiro n'abanyamakuru, Umuyobozi muri iyi ambasade ‘Chargé
d'Affaires’ Jérémie Blin yavuze ko icyo kigo kizubakwa ku Kimihurura hafi ya
Kigali Convention Centre mu Mujyi wa Kigali.
Ibi ngo biri mu
rwego rwo gushyira mu bikorwa icyifuzo cy’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda
n’u Bufaransa cyo kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Umwaka urashize umunyarwanda kazi Louise Mushikiwabo abaye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa OIF. Buri
mwaka uyu muryango uharira ukwezi kwa gatatu ibikorwa bya francophonie. Jérémie Blin akavuga ko uyu mwaka
wa 2020 wo ufite umwihariko muri francophonie muri rusange no ku Rwanda
by'umwihariko.
Yagize ati "Ukwezi kwahariwe francophonie muri uyu mwaka gufite umwihariko kuko guhuriranye n'imyaka 50 ya francophonie. Kuje kandi mu gihe turimo kuzahura umubano hagati y'u Bufaransa n'u Rwanda nkuko byifujwe n'abakuru b'ibihugu byacu Perezida Macron na Perezida Kagame binyuze cyane cyane mu rwego rw'umuco no muri francophonie.Ibyo kandi bikazagaragazwa n'igikorwa gifatika cyo kongera gutangiza ikigo ndangamuco cy'Abafaransa mu Rwanda mu mpera z'uyu mwaka"
Mu mwaka wa 2014 ni bwo iki kigo cyari cyubatse mu Mujyi wa Kigali Ambasade
y’u Bufarasa mu Rwanda yagisenye nyuma y’aho ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali
bugaragaje ko inzu yari ihari itari ijyanye n’icyerekezo cy’umujyi.
Uyu muyobozi yanavuze ko usibye
ubutwererane mu by’umuco n’uburezi, Ambasade y’u Bufaransa inagira uruhare mu
kugaragariza by'umwihariko abashoramari b’Abafaransa isura y’u Rwanda
Jérémie Blin ati "Twifuza kandi dukora ku buryo amasosiyete y'Abafaransa yakwiyongera ku isoko ry'u Rwanda. Gusa ni ukumenya ko ari ibintu bifata igihe kandi amasosiyete afata icyemezo uko ashaka. Twe icyo dukora ni ukubashishikariza kuza mu Rwanda tukabagaragariza uburyo ubukungu bw'u Rwanda buzamuka,uburyo rworoheje ishoramari mbese dutanga amakuru atuma u Rwanda rumenyekana neza."
Umunsi mpuzamahanga wa francophonie wizihizwa tariki ya 20 Werurwe buri mwaka,kuri iyi nshuro ukaba ugiye kwizihizwa OIFf ufite abagera kuri miliyoni 300 bavuga igifaransa, 60% byabo bakaba bari ku mugabane wa Afurika.
Jean Damascène MANISHIMWE
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza ya Stanford
Mar 26, 2024
Soma inkuru