AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Ikoranabuhanga rigiye gukoreshwa mu kugenzura imyigire y'abanyeshuli

Yanditswe Oct, 12 2016 16:37 PM | 5,047 Views



Abarimu n'abanyeshuri mu kigo cya Lycee Notre Dame de Citeaux barishimira uburyo bw'ikoranabuhanga batangiye gukoresha bufasha ababyeyi gukurikirana imyigire n'imyitwarire y'abana babo umunsi ku wundi. 

Ubuyobozi bw'ikigo gikwirakwiza iri koranabuhanga rya Smart parents, buvuga ko mu gihe cy'imyaka itatu iri koranabuhanga rizaba ryasakaye ku mugabane wose wa Afrika.

Mu kigo cya Lycee notre dame de Citeaux kiri mu mujyi wa kigali rwagati, higa abanyeshuri b'abakobwa barenga 800.

Nyuma yo kubona ikoranabuhanga rya smart parents ribahuza n'ababyeyi, abarimu ngo bizeye ko bizaborohera kumenyesha ababyeyi ibijyanye n'imyigire ndetse n'imyitwarire y'abanyeshuri byihuse, umunsi ku wundi.

Abanyeshuri nabo bemeza ko kuba babizi neza ko ubu byoroshye kumenyesha umubyeyi imyitwarire yabo hifashishijwe ikoranabuhanga rya mudasobwa na telephone zigendanwa, abafite ingeso nko gusiba amasomo runaka, gusakuza mu ishuri ndetse no gusinzira amasaha yo kwiga ngo baraza kwikubita agashyi  baniminjiremo agafu mu bijyanye no gukurikira amasomo yabo.




Michel

rizagere no mu cyaro Oct 17, 2016


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira