AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Imbuto Foundation yizihije imyaka 20 imaze ishinzwe

Yanditswe Nov, 27 2021 21:11 PM | 129,588 Views



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu Umuryango Imbuto Foundation wizihije Isabukuru y'imyaka 20 umaze ushinzwe.

Ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru byabereye muri Kigali Convention Center, aho uyu muryango wamuritse bimwe mu byo wagezeho muri iyi myaka 20 binyuze muri gahunda zawo 3 z'ingenzi ari zo uburezi, ubuzima no guteza imbere urubyiruko rwubakirwa ubushobozi.

Ni ibirori byitabiwe na Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame washinze umuryango Imbuto Foundation ndetse akaba anawubereye Umuyobozi w'ikirenga.

Mu bashyitsi bitabiriye ibi birori Kandi harimo Madamu wa Perezida wa Repubulika ya Namibia Monica Geingos.

 Muri uyu muhango Imbuto Foundation yahaye Minisiteri y'Ubuzima imodoka ebyiri nini zitangirwamo serivisi z'ubuvuzi bw'ibanze, imodoka wagereranya n'amavuriro mato agendanwa. 

Iyi nkunga y'amavuriro agendanwa umuryango Imbuto Foundation wageneye inzego z'ubuzima mu Rwanda izakoreshwa mu gusuzuma no gupima indwara zirimo SIDA, n'indwara zitandura nka diyabete, kanseri n'izindi. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama