AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Imibiri 13 yabazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Rubavu yashyinguwe mu cyubahiro

Yanditswe May, 15 2022 16:57 PM | 64,915 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini ya Mutura na Rwerere mu karere ka Rubavu, barasaba abafite amakuru y'ahari imibiri y’ababo kuyatanga aho gukomeza kwinangira bagerageza kuzimangatanya ibimenyetso, nk'ibyagaragaye bamwe bubaka inzu ahari imibiri y'Abatutsi bishwe muri Jenoside.

Imibiri 13 y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi niyo yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa jenoside rwa Bigogwe ruri mu Murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu. 

Abafite ababo bashyinguwe mu cyubahiro barimo n’umukecuru Bavugamenshi Verediyana uba mu Mudugudu w’intwaza mu karere ka Rusizi, bavuga ko ubu imitima yabo iruhutse.

Iyi mibiri y’abazize jenoside yabonetse mu buryo bugoye, kuko 11 yari yarubakiweho inzu mu mirenge ya Mudende na Nyakiriba.

Perezida wa Ibuka mu karere ka Rubavu, Mbarushimana Gerard avuga ko bashegeshwe cyane n'imigirire nk'iyo aboneraho gusaba abafite amakuru yahakiri imibiri y'ababo kuyigaragaza bagashyingurwa mu cyubahiro.

Yagize ati "Hashyizweho uburyo bwo gutahura amakuru kandi abakigerageza gusibanganya amateka bakora ibikorwa bizimangatanya ibimenyetso babicikeho kuko ubutabera butazareberera ibikorwa nk'ibyagaragaye byo kubaka hejuru y'imibiri."

N'ikimenyimenyi ababikoze kuri ubu bari gukurikiranwa n'ubutabera, nk'uko byagarutsweho na Ishimwe Pacifique, umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza.

Gushyingura mu cyubahiro iyi mibiri y’abazize jenoside byahuriranye no kwibuka Abatutsi bishwe mu cyahoze ari komini Mutura na Rwerere, hashyirwa indabo ku mva y’urwibutso rwa jenoside rwa Bigogwe aharuhukiye imibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi irenga ibihumbi 9.


Fredy RUTERANA




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize