AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Imicungire y’umutungo w’amakoperative ihagaze ite?

Yanditswe May, 16 2022 15:55 PM | 65,226 Views



Bamwe mu banyamuryango b'amakoperative baravuga ko bagihura n’ibibazo birimo n’inyerezwa ry’umutungo, kandi hakabaho ubwo abawunyereje bakomeza kwidegembya batabiryojwe. 

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative, bwo buvuga ko bitazigera bibaho ko uwanyereje umutungo wa Koperative awuheza atabiryojwe.

Mu gihe mu Cyumweru dusoje hasojwe icyumweru cyahariwe amakoperative, ubuyobozi bwa RCA buvuga ko hari byinshi byibanzweho mu cyumweru cyahariwe amakoperative, harimo kureba aho amakoperative ageze no kureba ibibazo birimo ariko no kwishimira ibyo amakoperative amaze kugeraho.

Gusa nubwo hari ibyagiye bihabwa umurongo, kujyeza ubu hari bamwe mu banyamuryango ba za Koperative zitandukanye binubira ko imitungo yabo yanyerejwe, byanamenyekana ntihagire igikorwa kuko habaho ubwo ababikoze cyangwa abafatanyije nabo bikomereza imirimo nk’ibisanzwe ntihabeho kubaryoza ibyo bakoze. 

Urugero ni abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative Kodarika Amizero yo mu karere ka Kamonyi, bavuga ko umutungo wa Koperative yabo wanyerejwe bikanemezwa n’abagenzuzi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative, kikanasaba ko inzego zibishinzwe zibakurikirana, ariko na n'ubu bamwe muri bo bakaba bakiri mu babayoboye.

Prof Harerimana Jean Bosco Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative avuga ko ibyinshi muri ibyo bibazo bijyenda bikemuka, ndetse agasaba abanyamuryango ba Koperative Kodarika Kwihangana kuko inzego zibishinzwe zirimo kubikurikirana.

Kujyeza ubu mu Rwanda habarurwa Koperative 10369 zose hamwe zikaba zifite abanyamuryango basaga miliyoni 5 n’ibihumbi 200, 52% bakaba ari abagabo naho 43% bakaba ari abagore.

Yusuf Sindiheba




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage