Yanditswe Jun, 25 2022 20:22 PM | 117,636 Views
Impuguke muri Dipolomasi barahamya ko imigendekere myiza ya CHOGM2022 isojwe mu Rwanda, ari icyitegererezo cyiza ku bakiri bato cyo kudaherwanwa no guharanira kugera kuri byinshi.
Benshi bemeza ko u Rwanda kuri ubu isura yarwo mu ruhando mpuzamahanga ihindutse bitewe n’uburyo iyi nama yageze ku ntego zayo.
Iminsi 6 Irashize mu Rwanda habera ibikorwa by' uruhurirane bishamikiye ku nama y' abakuru b' ibihugu na guverinoma biri mu muryango wa Commonwealth, bamwe mu baturage batuye mu Mujyi wa Kigali bashima cyane imigendeker emyiza yiyi nama.
Usibye abaturage babona inyungu nyinshi mu kuba u Rwanda rwakira ibikorwa nk'ibi mpuzamahanga abacuruzi nabo, barabishima nk'uko byumvikana mu kuri bamwe mu bitabiriye kumurika ibyo bakora muri ibi bihe igihugu cyakiriye abashyitsi benshi.
Ahereye aha, impuguke mu bukungu, Straton Habyarimana agaragaza ko iyi nama yongeye guha imbaraga zikomeye gahunda ya leta y'u Rwanda yo gushyira ku isonga urwego rwa serivisi mu zigomba kurushaho kwinjiza amadevise mu Rwanda no gutanga umusanzu munini mu iterambere ry'igihugu muri rusange.
Habyarimana kandi asanga hari amasomo akomeye abikorera bo mu Rwanda bakwiye kwigira mu mahirwa nkaya aba aje abasanga.
Ahereye ku mateka y' u Rwanda, ndetse naho rugeze impuguke muri dipolomasi, Amb. Joseph Mutaboba asanga kwakira neza inama mpuzamahanga nka CHOGM, ari intambwe ikomeye ku Rwanda ariko ikaba n'umwanya mwiza wo kwerekana amasomo amahanga yarwigiraho.
Avuga ko kuba u Rwanda rwarakiriye neza iyi nama kandi ikitabirwa n'abantu benshi barimo abakuru b'ibihugu na za guverinoma bari bageze mu Rwanda bwa mbere, byaratanze ubutumw kubakira mu mahanga bavuga nabi u Rwanda, kuko abo babibwira ubu biboneye amateka ya nyayo n'intambwe u Rwanda rumaze gutera.
imigendekere myiza y'iyi nama ndetse n'izindi zayibanjirije bifatwa
nk'itsinzi ku Rwanda, impuguke muri politike zikaba zisanga ari amasomo ku bakiri
bato yo gukomeza kurangwa n'ubudaheranwa ndetse no kwiyemeza kugera ku bikorwa
binini, nk'uko biri mu byaranze abashoboje u Rwanda kugera kubiriho ubu.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
2 hours
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru