AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Imihindagurikire y'ikirere yatumye umusaruro w'icyayi ugabanukaho 3%-NAEB

Yanditswe Sep, 17 2019 17:24 PM | 12,409 Views



Mu gihe raporo y’izamuka ry’umusaruro mbumbe w’igihugu GDP mu gihembwe cya kabiri cya 2019 igaragaza ko umusaruro w’icyayi wagabanutseho 3%, Ikigo gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) kivuga ko iryo gabanuka ahanini ryatewe n’imvura yabaye nkeya ariko ko nta ngaruka bizagira ku madovize igihugu cyinjiza.

Icyayi cy’u Rwanda kiri mu bikunzwe ku rwego mpuzamahanga ku rwego rw’Afurika. Ku isoko rya Mombasa icyayi cy’u Rwanda ni cyo kimaze kugurwa amafaranga menshi, aho ikilo cy’icyayi cya Kitabi mu minsi mike ishize cyaguzwe 6.5$ ku bwoko bw’icyayi cya mbere bwitwa BP1.

Gusa imibare y’Ikigo cy’Igihugu ishinzwe ibarurishamibare igaragaza ko muri rusange umusaruro ukomoka ku buhinzi wiyongereyeho 5%. Umusaruro w’icyayi wo mu gihembwe cya 2 cya 2019.

Umuyobozi Mukuru wacyo, Yusuf Murangwa yagize ati ''Mu buhinzi ibiribwa bisanzwe tujya dukoresha mu ngo zacu byiyongereyeho 4% cyane cyane bitewe n'umusaruro mwiza wabonetse muri Season A muri uyu mwaka kuva mu kwezi kwa 10 kugeza mu kwezi kwa 2, ikawa yiyongereyeho 21% ariko icyayi cyagabanutseho 3%.

Umuyobozi ushinzwe guteza imbere ibihingwa ngengabukungu muri NAEB, Nkurunziza Issa, avuga ko icyateye iri gabanuka ry’umusaruro w’icyayi, ahanini ari ikirere kitagenze neza.

Yagize ati "Secteur yacu y’icyayi yagize ikibazo kijyanye n’imihindagurikire y’ikirere aho twagize imvura nkeya ugereranyije n’igihembwe kimwe umwaka wa 2018, imvura yagabanutseho 26%, ariko nyuma yaho iyo urebye ukwezi kwa 7 n’ ukwa 8  turangije, umusaruro warazamutseho 44%, ni ukuvuga ngo mu kwezi kwa 6 twagizemo imvura ibi byose rero bikaza bigatuma n’umusaruro ushobora kwiyongera mu mezi akurikiyeho.’’

NAEB itanga icyizere ko amafaranga igihugu cyinjiza aturuka ku cyayi atazagabanuka kubera ingamba zafashwe zizatuma uko byagenda kose umusaruro w’icyayi wiyongera muri uyu mwaka, bityo ntikibure ku iamahanga.

Yakomeje agira ati "Ingaruka zishobora kubaho mu bijyanye n’amafaranga igihugu cyinjije kubera ko tuba twajyanye umusaruro mukeya ariko iyo urebye muri rusange, umusaruro mbumbe w’igihugu  tuzagira mu mwaka, turebye n’amezi 8 kuri uyu munsi y’umusaruro tumaze kubona, duhuje ibihembwe icya 1, 2, 3 uyu munsi turimo, aho tumaze kugera uyu munsi umusaruro umaze kuzamukaho 3.5% ku buryo rero nta mpungenge dufite ku bijyanye n’umusaruro. Aho tugomba gukora cyane ni ku isoko kugira ngo ya madevise twifuza kwinjiza nk’igihugu mu buhinzi bw’icyayi dushobore kuba twayageraho.’’

Mu ngamba iki kigo kivuga ko gishyize imbere harimo no kongera ubuso buhingwaho icyayi, gukorera neza imirima y’icyayi, gukoresha ifumbire no kuyigeza ku makoperative y’abahinzi ku gihe, hamwe no kongera inganda zigitunganya.

Mu Rwanda kuri ubu, ubuso buhingwaho icyayi bungana na hegitari ibihumbi 27,112 Ha.  Kuva mu kwezi kwa 7 umwaka wa 2018 kugeza mu kwa 7 kwa 2019, mu mahanga hoherejweyo toni ibihumbi 30,500 zinjije amafaranga angana na Miliyoni 83,500 z’amadorali ya Amerika. NAEB ifite intego y’ uko bizageza mu mwaka wa 2024 u Rwanda rwohereza mu mahanga toni ibihumbi 65, zikazinjiza nibura miliyoni 209 z’Amadorali y’Amerika.

 Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC

APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya 22

Bayer Leverkusen yegukanye igikombe cya mbere cya Shampiyona y’u Budage

#Kwibuka30: Arsenal FC na Bayern Munich byafashe u Rwanda mu mugongo

U Rwanda rwazamutse imyanya ibiri ku rutonde rwa FIFA

Dr Adel Zrane watozaga muri APR FC yitabye Imana

Uko Tennis yabereye Umulisa Joselyne umuti wamwomoye ibikomere bya Jenoside

Basketball: Amakipe ya APR yatanze Pasika ku bakunzi bayo