AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Imikorere y'amashuri yigisha ibinyabiziga igihe guhinduka--MININFRA

Yanditswe Jan, 01 2019 20:03 PM | 15,332 Views



Abiga amategeko y'umuhanda no gutwara ibinyabiziga bavuga ko n'ubwo hariho igazeti ikubiyemo amasomo yabugenewe rimwe na rimwe higishwa ibitandukanye na yo. Ministeri y'ibikorwaremezo yo irizeza ko muri uyu mwaka wa 2019 hazajyaho integanyanyigisho ihuriweho n'amashuri yose yigisha amategeko y'umuhanda.

Abiga ibijyanye n'amategeko y'umuhanda no gutwara ibinyabiziga bavuga ko hasanzweho igazeti ikubiyemo ayo mategeko, ariko ngo ntihazwi igihe isomo rigomba kumara ndetse ngo bamwe bagorwa no kwiyandisha igihe cy'ikizamini bagakomeza kwiga abandi bagacika intege zo gukomeza kwiga.

Ibi kandi ngo byiyongeraho kuba hari n'abatagera mu mashuri yigisha gutwara ibinyabiziga bakiyandikisha kuko urubuga rufunguriwe buri wese. Gusa abafite bene aya mashuri ndetse n'abarimu basanga bikwiye ko mu gihe cyo kwandika abakora ibizami hajya hagenderwa ku bumenyi umuntu yakuye mu ishuli.

RURA isanga kumenya imodoka gusa bidahagije ko ahubwo n'ikinyabupfura ari ngombwa mu gukoresha umuhanda.Umuyobozi w'ishami rishinzwe ubwikorezi muri ministeri y'ibikorwaremezo Byiringiro Alfred avuga ko muri uyu mwaka wa 2019 hazashyirwaho itegeko rigena integanyanyigisho izajya ikoreshwa mu mashuri yigisha amategeko y'umuhanda kuko usanga abenshi bigisha uko babyumva.

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa amashuri yigisha iby'imodoka agera kuri 84. Ba nyir'aya mashuri bifuza bazagira uruhare mu ishyirwaho ry'integanyanyigisho igenewe abayigamo kuko hari byinshi bihindagurika mu bijyanye n'imikoreshereze y'umuhanda.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize