Yanditswe Jan, 01 2019 20:03 PM | 15,332 Views
Abiga amategeko y'umuhanda no gutwara
ibinyabiziga bavuga ko n'ubwo hariho igazeti ikubiyemo amasomo yabugenewe rimwe
na rimwe higishwa ibitandukanye na yo. Ministeri y'ibikorwaremezo yo irizeza ko
muri uyu mwaka wa 2019 hazajyaho integanyanyigisho ihuriweho n'amashuri yose
yigisha amategeko y'umuhanda.
Abiga ibijyanye n'amategeko y'umuhanda no gutwara
ibinyabiziga bavuga ko hasanzweho igazeti ikubiyemo ayo mategeko, ariko ngo
ntihazwi igihe isomo rigomba kumara ndetse ngo bamwe bagorwa no kwiyandisha
igihe cy'ikizamini bagakomeza kwiga abandi bagacika intege zo gukomeza kwiga.
Ibi kandi ngo byiyongeraho kuba hari n'abatagera
mu mashuri yigisha gutwara ibinyabiziga bakiyandikisha kuko urubuga rufunguriwe
buri wese. Gusa abafite bene aya mashuri ndetse n'abarimu basanga bikwiye ko mu
gihe cyo kwandika abakora ibizami hajya hagenderwa ku bumenyi umuntu yakuye mu
ishuli.
RURA isanga kumenya imodoka gusa bidahagije ko ahubwo n'ikinyabupfura ari ngombwa mu gukoresha umuhanda.Umuyobozi w'ishami rishinzwe ubwikorezi muri ministeri y'ibikorwaremezo Byiringiro Alfred avuga ko muri uyu mwaka wa 2019 hazashyirwaho itegeko rigena integanyanyigisho izajya ikoreshwa mu mashuri yigisha amategeko y'umuhanda kuko usanga abenshi bigisha uko babyumva.
Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa amashuri yigisha iby'imodoka agera kuri 84. Ba nyir'aya mashuri bifuza bazagira uruhare mu ishyirwaho ry'integanyanyigisho igenewe abayigamo kuko hari byinshi bihindagurika mu bijyanye n'imikoreshereze y'umuhanda.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
5 hours
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru