AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Imirimo yo kubaka Sitade Amahoro igeze ku 8%

Yanditswe Oct, 25 2022 18:52 PM | 119,153 Views



Nyuma y’amezi 2 imirimo yo kubaka sitade Amahoro itangiye, inzego bireba zirizeza abakunzi ba siporo n’Abanyarwanda bose muri rusange ko mu myaka ibiri iri imbere iyi stade izatangira kwakira ibirori n’imikino itandukanye y’imbere mu gihugu ndetse na mpuzamahanga nkuko biteganyijwe muri uyu mushinga.

Mu kibanza cya Sitade Amahoro i Remera imirimo y’ubwubatsi irarimbanyije, amajwi y’imashini kabuhariwe z’ubwubatsi zifasha abakozi kwihutisha imirimo niyo yumvikana muri iki cyanya.

Imirimo nyirizina yo kubaka iyi sitade yatangiye tariki 31 Kanama uyu mwaka ikaba igeze ku 8% ariko intego ikaba ari uko muri 2024 izaba yuzuye ndetse igatangira gukoreshwa ari yo mpamvu hashyizweho ingamba zihariye zo kwihutisha imirimo.

Abafite imirimo itandukanye mu bwubatsi bwa sitade Amahoro ngo kuri bo ni ishema rikomeye n’amateka yo kugira uruhare mu iyubakwa rya sitade nkuru y’igihugu.

Uretse gukoresha abanyarwanda ku kigeranyo cya 90%, umushinga wo kubaka sitade Amahoro ni isoko rikomeye ku nganda z’imbere mu gihugu n’abafite ibirombe bya kariyeri n’imicanga, ibintu abashinzwe imyubakire y’iyi sitade bemeza ko nabyo bibafasha kwihutisha imirimo.

Sitade Amahoro izaba ifite umuzenguruko wa metero 800 n’uburebure bwa metero 30 utabariyemo igisenge ikazaba igeretse incuro 5, ni ukuvuga etage 5.

Eng. Haruna Nshimiyimana wo mu kigo cy’igihugu cy’imyubakire ari nawe ukuriye uyu mushinga ashimangira ko iyi sitade izaba yujuje ibipimo byose bya sitade mpuzamahanga.

Avuga kandi ko n’ikibuga nyirizina nacyo cyubatswe bundi bushya.

Sitade Amahoro kandi izaba ifite imiryango n’ibyumba by’ubucuruzi bizakoreramo za resitora, amaduka n’ibindi bizatuma ikorerwamo no mu gihe nta mikino yahabereye. 

Uretse sitade nini ifite ikibuga kizajya kiberaho imikino y’umupira w’amaguru, Rugby no gusiganwa ku maguru ku ruhande hazubakwa inzu y’imikino y’abafite ubumuga ndetse na sitade ntoya y’imikino y’amaboko, umushinga wose uzatwara miliyoni hafi 165 z’Amadorali ya Amerika.


Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama