AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Imiryango 52 ituye mu birwa mu karere ka Musanze irasaba kwimurwa

Yanditswe Dec, 02 2022 19:02 PM | 240,209 Views



Imiryango 52 igituye mu birwa biri mu kiyaga cya Ruhondo mu karere ka Musanze, iravuga ko imaze imyaka irenga 8 yizezwa kwimurwa ariko amaso yaheze mu kirere. 

Bavuga ko inzu batuyemo zishaje zimwe zenda kubagwira uko bangiwe no kuvugurura. 

Twifashishije ubwato bwa Police y'u Rwanda, duhagurutse kumwaro w’ikiyaga cya Ruhondo mu Murenge wa Remera twerekeza ku birwa biherereye mu Murenge wa Gashaki.

Ibirwa 3 aribyo Cyamukira, Mwegerera na Kapyisi nibyo bigituwe. 

Abahatuye bagaragaza ko inzu zabo zishaje cyane, kandi bamaze imyaka myinshi bizezwa kwimurwa.

Aba baturage bifuza ko bakwimurwa, bagatuzwa neza.

Imibereho y’abatuye kuri ibi birwa ishingiye ku buhinzi no kujya guca inshuro imusozi bifashishije ubwato. 

Umuyobozi w'Akarere ka Musanze, Ramuri Janvier yizeza aba baturage ko inzego zitandukanye zigiye kuganira ku buryo bakwemererwa kuvugurura inzu zabo mu gihe bategereje kwimurwa.

Kugeza ubu imiryango 112 niyo yamaze kwimurwa mu birwa bya Ruhondo ituzwa mu midugudu ya Murora na Ruhasa, ubu hasigayeyo imiryango 52 nayo itegereje kwimurwa.

Robert Byiringiro



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu