AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Imiryango 67 yasenyewe n’ibiza muri Nyagatare yahawe inkunga y’Amabati

Yanditswe Oct, 29 2021 16:42 PM | 128,768 Views



Imiryango 67 yo mu karere ka Nyagatare yari ifite inzu zigasenywa n’ibiza, yashyikirijwe inkuga y’ibikoresho by'ibanze birimo amabati, imisumari n'ibindi na Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi.

Aba baturage bibukijwe ko bagomba kujya bazirika inzu ndetse bakanatera ibiti, mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zo gusenyerwa n’ibiza by’imvura.

Imibare itangwa na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi igaragaza ko mu karere ka Nyagatare imiryango igera ku 142 ariyo yahuye n’ikibazo cy’inzu zangijwe n’ibiza, ariko imiryango 67 muri yo niyo yasenyewe bikomeye ari nayo yahawe ibyo bikoresho by’ibanze byo kwifashisha mu kongera kubaka.

Buri muryango wahawe amabati 30, imisumari ndetse n’imikwege yabugenewe yo kuzirika ibisenge. 

Mu bukangurambaga bugamije gukumira no kugabanya ingaruka ziterwa n’ibiza, Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange yavuze ko abaturage bakwiye kwita ku kuzirika ibisenge.

Bamwe mu baturage basenyewe n’ibiza bahawe iyi nkunga bavuga ko basigaranye umukoro  wo gushyira mu bikorwa ibisabwa byose ku nzu zabo.

Ku ruhande rw'abo ibiza by’imvura yaguye mu minsi ishize ikabangiriza imyaka mu mirima yabo,  Minisitiri Kayisire avuga ko  bahabwa imbuto yo guhinga mu gihe ari ngombwa bakaba ngo banatabarwa bahuye n’ikibazo cy’inzara.

Mu minsi ishize mu bice bitandukanye by’akarere ka Nyagatare ibiza by’imvura byangije imitungo y’abaturage irimo ibihingwa bitandukanye, ahabarurwa hegitari 900 z’imyaka yangijwe n'aho inzu zasenyutse zo ni 142.

Ngoga Julius



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira