Yanditswe Sep, 20 2020 18:31 PM | 63,961 Views
Imiryango iharanira
amahoro mu Rwanda iravuga ko urubyiruko rukwiye gutozwa indagagaciro zo
kwimakaza umuco w'amahoro kandi ibiganiro bigatezwa imbere mu nzego zose
hagamijwe kubaka amahoro arambye.
Ibi bitangajwe mu gihe kuri uyu wa Mbere isi yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro.
Abari mu bikorwa na gahunda byo gusakaza amahoro barimo urubyiruko, abashakashatsi n'abarimu bavuga ko kuri ubu nubwo bakibona imbogamizi zikibangamiye amahoro muri iki gihe ariko na bo bakomeje urugamba rwo kwigisha abaturage kubana neza mu mahoro, ubumwe n'ubwiyunge.
Umuyobozi w'ikigo Iriba ry'umurage ndagamateka na ndangamuco, Assoumpta Mugiraneza ati ''Ariko dufite ikibazo cy'uko abana benshi babana na trauma, abana benshi bafite ababyeyi baremerewe n'ibyo babayemo ntibabasha kubaganiriza kandi burya ngo utaganiriye na se ntamenya icyo Sekuru yasize avuze....burya umubyeyi yihaye gahunda yo kurera avuga ngo umwana wange nzamuraga amahoro, u Rwanda n’ukuri yaba ari ikintu cyiza.''
Umuyobozi w'itsinda ry'urubyiruko riharanira amahoro, Albert Kwizera we avuga ko urubyiruko rukwiye kwigishwa uko bikwiye ububi bw’amacakubiri.
Ati ''Twebwe tubasha kwiga tugasobanukirwa ariko usanga imiryango imwe nimwe bagifite ya myumvire bacyumva yo gutsimbarara ku moko no kuri ya myumvire yabaranze, ni yo mpamvu icyo dusaba ni ukugira ngo twongererwe ubushobozi n'ubumenyi bwo gusobanukirwa neza, kuko natwe duhagaze nk'intumwa ibyo dusobanukiwe tubashe kubisobanurira abandi.''
Habonimana Evariste, uhagarariye abarimu mu kwigisha umuco w'amahoro ati ''U Rwanda urebye ntako rutagize ngo rugerageze kubanisha abantu aho tugeze rero ni igihe cyiza cyo kumva umuntu uwo ariwe wese afite inshingano z'uko n'abo yasiga yabasiga babanye neza..''
Umuyobozi mukuru wungirije w'umuryango Uharanira kubaka amahoro arambye Never Again Rwanda Eric Mahoro, avuga ko hari ibintu bikibangamiye amahoro bishingiye ku ngaruka z'amateka y'u Rwanda, ibikomere abantu bahuye na byo bibabuza kugira amahoro birimo n’ingaruka za Covid19. Avuga ko hakenewe gahunda zo kwita ku bantu bafite intege nkeya cyane cyane n'abakiri bato.
Ati ''Abantu babuze amahoro kuko imirimo yaragabanutse abandi amasaha bakoraga aragabanuka imirimo irahungabana ku buryo bugaragara ku buryo n'abantu bamwe bafite ibitekerezo biganisha ku kwiheba. Ubumenyi buke bafite byaba ari ku mateka cyangwa se no ku bikorwa bitandukanye bigamije iterambere bagashaka kubashora mu bikorwa byo guhunganya umutekano ndetse no kubangamira amahoro muri bagenzi babo. Icya 2 Leta n'abafatanyabikorwa bakwiye kwita ku bantu bafite intege nkeya muri iki gihe.''
Umuyobozi w'ikigo cy'ubushakashatsi n'ubusabane bigamije amahoro IRDP, Dr Eric Ndushabandi, avuga kandi ko mu bindi bikibangamiye amahoro mu Rwanda no mu karere ruherereyemo harimo amakimbirane mu miryango n'ingengabitekerezo ya Jenoside inakwirakwizwa hifashshiijwe ikoranabuhanga ikagera no mu bakiri bato. Avuga ko abantu bakwiye gukomeza kwigishwa cyane.
Ati « Icya 2 ni ibihe turimo n'iterambere tugendamo ugasanga bitera amakimbirane mu miryango ariko cyane cyane nko ku Rwanda turacyafite ingengabitekerezo ya jenoside igenda igaragarira mu mitwe yitwaje intwaro muri za FDLR n'iyindi bikagenda bituma abantu bumva badatekanye mu buryo bwagutse. Binyura mu bitekerezo bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga bikagera ku bato cyane cyane urubyiruko. Imbaraga nyinshi zishyirwe ku rubyiruko, abantu bakomeze kwigishwa cyane.''
Bimwe mu bikorwa bizaranga kwizihiza umunsi w'amahoro muri icyi cyumweru gitangira kuri uyu wa Mbere harimo ibiganiro bitandukanye n'amahugurwa ku bana, ababyeyi ndetse n'abarimu hifashishijwe ikoranabuhanga kubera impamvu zo kwirinda icyorezo cya Covid19.
Bienvenue Redemptus
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru