AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Imyiteguro y’imurikagurisha ryitezweho kwitabirwa na benshi

Yanditswe Jul, 25 2022 11:23 AM | 73,943 Views



Bamwe mu biteguye kwitabira imurikagurisha mpuzamahanga rizatangira ku wa Kabiri w’iki Cyumweru baravuga ko baryitezeho gusurwa n'abantu benshi, bitandukanye no mu myaka 2 ishize aho bagabanutse kubera icyorezo cya Covid19.

Bamwe mu bitabiriye iri murikagurisha bavuga ko ubu imyiteguro bayigeze kure umunsi nyirizina wo gutangira bazaba biteguye bihagije.

William Obadha ati « Ubu nonaha ntitwiteguye ariko mu minsi 2 isigaye tuzaba twamaze kwitegura, kuko abenshi hano dukora amanywa n’ijoro amasaha 24, rero ndabyizeye rwose ko tuzatangirana n'abandi tariki ya 26.»

Bamwe mu banyamahanga baje inshuro nyinshi muri iri murikagurisha bavuga ko umutekano ari wo uri ku isonga mu gutuma bahora baza kumurika ibyo bakora.

Adanse Ababio umunye-Ghana witabiriye inshuro 7 yagize ati Ati’’ubwa mbere nza hano nabonye u Rwanda ari igihugu cyiza, gifite umutekano urabona tujya n’ahandi ariko hari aho ugera ugacuruza yego, ariko wasiga ibintu byawe ugiye kuri hotel kuryama ugahora uhangayitse utekereza bya bintu byawe, rero mu Rwanda ho si ko bimeze.’’

Umuvugizi w'urugaga rw'abikorera Theoneste Ntagengerwa avuga ko ubu imyiteguro irimo igana ku musozo, kandi ko biteze abamurika bashya.

Ati « Hari ibihugu bishya byaje wenda nakubwira nka 2, Korea y'Epfo na Denmark ariko hari n’ibindi muri rusange 20 n'u rwanda rwa 21, rero buri gihe hano haba harimo ibintu bishyashya. »

Urugaga rw'Abikorera mu Rwanda ruvuga ko mu mwaka wa mbere w'imurikagurisha mpuzamahanga mu 1998 ryitabiriwe n’abamurika 169, risurwa n’abantu 101,000. umwaka ushize wa 2021 abamurika bari 363, abasuye bari 47,000.

Fiston Félix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira