AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Inama ku mihandagurikire y'ikirere yiswe COP22 yakomereje muri Maroc

Yanditswe Nov, 07 2016 12:08 PM | 2,111 Views



I Marrakech muri Maroc hatangiye inama ya 22 yiga ku mihindagurikire y’ibihe, yiswe COP22, ihuje abafite aho bahuriye n’ibidukikije, bigira hamwe icyakorwa n’inzego zitandukanye hagamijwe gushyiraho ingamba zo kurwanya imihindagurikire y’ibihe.

Iyi nama izageza ku itariki ya 18, izanitabirwa n'abayobozi batandukanye bo hirya no hino ku isi barimo abakuru b'ibihugu. Ikinyamakuru Jeuneafrique cyanditse ko ku mugabane wa Afrika, abakuru b'ibihugu bagera muri 26 bamaze kwemeza kwitabira iyo nama.

Muri bo harimo na perezida w'u Rwanda Paul Kagame. U Rwanda rusobanura ko muri iyi nama ruzibanda ku ruhare rwarwo mu kubahiriza amasezerano ya Paris no kugera ku ntego rwiyemeje.

Ikindi ngo ni uko ibihugu byinshi bishyira imbere ingamba zo kwita ku mihindagurikire y’ibihe kandi inkunga yemerewe ibihugu ngo bishyire mu bikorwa amasezerano ya Paris n’aya Kigali ku mihindagurikire y'ibihe ikaboneka. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira