AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Intara y’Iburasirazuba yahagurukiye abangiza ingomero z’amazi

Yanditswe Oct, 31 2021 09:50 AM | 52,140 Views



Ubuyobozi bw'Intara y'Iburasirazuba bwavuze ko butazihanganira abangiza ibikorwa remezo bifasha aborozi kubona amazi yo kuhira inka, ni nyuma y'aho hagaragaye aya makosa ku bantu bamwe barimo n’abashinzwe gucunga ibyo bikorwaremezo. 

Urwego rw'igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB rwo ruvuga ko kwangiza ayo mazi bishobora gukururira ababikora ibihano bikomeye birimo  no gufungwa imyaka irindwi.

Mu Kagari ka Ndama mu Murenge wa Karangazi, ahari urugomero rw’amazi rufasha aborozi kubona amazi ni rumwe mu ngomero z’amazi bigaragara ko yangiritse biturutse mu gucika k’uruzitiro rwatumaga Inka zitarurenga ngo zangize amazi, kuko zubakiwe ibibumbiro ariko bikaba bidakoreshwa nk’uko bikwiye. 

Ni ikibazo kigaragara cyane mu Murenge wa Karangazi, nyamara harashyizweho abashinzwe kubigenzura. 

Muri aba barimo uwitwa Nyakarundi unengwa n’inzego z’ubuyobozi kutubahiriza inshingano ze uko bikwiye.

Bamwe mu borozi nabo bavuga ko aya mariba yangijwe nanone n’abakora umwuga w’uburobyi, n’ubwo ngo nabo ubwabo atari shyashya, gusa ngo bagiye kwikosora.

Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba Gasana Emmanuel, avuga ko aborozi bahawe ukwezi kumwe ko kuba batunganyije ibyo bangije.  

Urwego rw’igihugu rw'ubugenzacyaha, RIB rutangaza ko ibikorwa n’abaturage bangiza amazi ari bimwe mu bigize icyaha gishobora no gutuma ugikoze mu gihe yagihamijwe n'urukiko, bimuviramo gufungwa imyaka irihagati y’itatu n’itanu n’amande ya miliyoni eshanu bityo abangiza amariba ngo bakwiye kubireka.

Maurice Ndayambaje



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira