AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Inteko ishinga amategeko y'u Rwanda igiye kurushaho kwegera abaturage

Yanditswe Apr, 05 2016 15:39 PM | 3,324 Views



Inteko ishinga amategeko y'u Rwanda iravuga ko igiye kurushaho gushyira ingufu mu bikorwa byo kwegera abaturage no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda n' imishinga bigamije iterambere ryabo.

Ibi abayobozi b'imitwe yombi y'inteko ishinga amategeko babitangarije abanyamakuru mu kiganiro cyari kigamije kubamurikira ibikorwa byakozwe mu gihembwe cya mbere gisanzwe cya 2016.

Perezida wa Sena Bernard Makuza avuga ko inteko yagize uruhare rukomeye mu gutahura amanyanga muri zimwe muri gahunda za Leta nka Girinka, VIUP, Ubudehe n' izindi ndetse bamwe mu bakekwa bagashyikirizwa ubutabera ariko ngo akazi karacyakomeza.

Mu kugaragaza kutajenjekera abakoresha nabi gahunda zigamije iterambere ry'abaturage, Perezida w' umutwe w' abadepite Mukabalisa Donatille yavuze ko ubu urwego ayoboye rwafashe icyemezo cyo kongera ingengo y' imari y' ibikorwa bigamije kwegera abaturage no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda z' iterambere.


Igihembwe cya mbe cya 2016 cy' inteko ishinga amategeko ni cyo cyambere kibaye nyuma y' ivugururwa ry' itegeko nshinga kikaba cyaribanze ku itorwa ry' amategeko hashingiwe kuri iryo vugururwa kimwe no kwakira ibibazo by' abaturage birimo ibigera kuri 20 byakiriwe n'umutwe w'abadepite kimwe n 'ibigera kuri 5 muri sena hamwe ,gusuzuma raporo za komisyo n'inzego za Leta zitandukanye kimwe n' ibiganiro nyumnguranabitekerezo bitandukanye.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira