AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Abadepite batangiye guzuma umushinga w’itegeko rigenga ibipimo n'ingero

Yanditswe Oct, 01 2019 09:04 AM | 10,252 Views



Abakoresha ibipimo n'ingero mu kazi kabo ka buri musi baravuga ko hakwiye kujyaho ubugenzuzi bukurikirana niba koko ibyo bipimo bikoreshwa neza.

Ibi biravugwa mu gihe Komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w'Abadepite yatangiye gusuzuma umushinga w'itegeko rigenga ibipimo n'ingero mu Rwanda.

Mu bikorwa by'ubucuruzi n'imyuga hakunze gukenerwa ibipimo n'ingero binyuranye kugira ngo ugura n'ugurisha babashe kumvikana. Abakenera ibipimo n'ingero mu guhaha bavuga ko hari igihe habamo kutubahiriza ibyagenwe, bakifuza ko habaho ubugenzuzi bureba ubuziranenge bw'ibikoresho byifashishwa mu gupima kuko hari abashobora kubikoreraho uburiganya.

Umuturage wo mu Karere ka Gasabo, Munezero Yvonne yagize ati ''Icyo mbona cyakorwa ni uko hashyirwaho umugenzuzi akajya areba umukiriya bagiye gupimira, akareba niba batamwibye.''

Na ho Hakizimana Hamadi ukora ubucuruzi yagize ati ''Umunzani ntabwo ari wo wiba ahubwo hiba umuntu ku bushake bwe, wenda yarangije wa munzani.''

Mu Rwanda nta tegeko rigena ingero n'ibipimo ryabagaho, ahubwo hifashishwaga andi mategeko nk'irigenga ubucuruzi bw'imbere mu gihugu, itegeko rigenga ihiganwa no kurengera abaguzi, irishyiraho Ikigo cy'Igihugu gishinzwe ubuziranenge n'irishyiraho ikigo cy'igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw'imiti.

Umuyobozi Mukuru w'Ikigo gishinzwe ubuziranenge, Murenzi Raymond, avuga ko uyu mushinga w'itegeko uzateza imbere ubucuruzi kandi utume hatangwa ibipimo byizewe.

Yagize ati ''Turifuza ko ibipimo mpuzamahanga ari byo bizajya bikoreshwa ku masoko yo mu Rwanda no mu gihe twohereza ibicuruzwa  mu mahanga, kuko haramutse haje ibicuruzwa mu mahanga, kuko nk'ubu haje uruganda rugakorera mu Rwanda, rukabara ibicuruzwa mu bipimo tudafite, kandi nta tegeko dufite ribibuza, byagira ingaruka ku bucuruzi. Ikindi ni uko mu gihugu cyacu hakiri urugendo, kuko imashini zigomba kugenzurwa kugira ngo zitange ibipimo byizewe, bitateza ibibazo nko mu nkiko.''

Mu bibazo abadepite bagize Komisiyo y'ubukungu n'bucuruzi babajije Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda byibanze ku mikoreshereze y'ibipimo, hifuzwa ko byanozwa muri uwo  mushinga w'itegeko.

Depite Mpembyemungu Winifrida yagize ati ''Nahoze nibaza kuri ibi bipimo bivugwa, ariko mu baturage ku masoko hari abakoresha mironko, indobo. Ese hari ngamba ki ngo buri wese atabangamirwa muri ibyo bipimo asanzwe akoresha?''

Depite Nizeyimana Pie we yagize ati  ''Ndabona habamo n'ingingo yo gukoresha ibipimo kuko hari nk'igihe umuntu akoresha umunzani akawukoresha nabi.''

Iri tegeko rikubiyemo ingero fatizo z'ibipimo 7, ibindi bipimo bigenda bishingiraho, harimo urw'uburebure ari rwo metero, urw'uburemere kilogarama, urw'igihe, isegonda, urw'ingano y'amashanyarazi, amperi, urw'ubushyuhe, Kelivini, urw'urumuri kandela n'urw'ingano rw'akanyangingo remezo ari rwo mole.

Ikigo RSB kivuga ko hari serivisi zijyana no gupimisha urusaku rukabije no gupima umutingito nk'ahacukurwa amabuye cyangwa ahakorwa imihanda, zajyaga zisabwa icyo kigo ariko ntikibashe kuzitanga neza kuko nta tegeko ryihariye rishinzwe ibipimo nk'ibyo ryabagaho.

Inkuru mu mashusho


John BICAMUMPAKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko