AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Intumwa za AFSBT zaje kureba uko U Rwanda rukwirakwiza amaraso mu bitaro

Yanditswe Jan, 08 2018 12:37 PM | 4,345 Views



Minisiteri y'Ubuzima ivuga ko kugeza ubu u Rwanda nta kibazo cy'ibura ry’amaraso rufite ku barwayi bayakeneye kuko abaturage bitabira gutanga amaraso ku bushake. Ni mu gihe mu bindi bihugu binyuranye by’Afurika ngo bisaba ko umuvandimwe w'umurwayi ucyeneye amaraso ahamagarwa kuyatanga kugirango avurwe.

Kwitabira gutanga amaraso ku bushake, ni kimwe mu byatumye itsinda ry'abakozi n'inzobere mu by'ubuvuzi baturutse mu bihugu binyuranye baza kureba uburyo u Rwanda rwabigezeho.

Mu bihugu abagize iryo tsinda bakomokamo, ngo hari igihe abavandimwe b’abarwayi bacyeneye amaraso basabwa kuyatanga kugirango abarwayi babone ayo baterwa.

Prof. Muhammad Bakari Kambi ushinzwe iby'ubuzima mu gihugu cya Tanzania avuga ko hagati ya 35-40% aribo batanga amaraso ku bushake mu gihe hafi 60% y'abakenera amaraso bayahabwa n'abavandimwe babo. Ati, "Uburyo bwo gutanga amaraso mu Rwanda usibye no kuba ayo maraso afite ubuziranenge bwo ku rwego rwo hejuru ubwayo ariko binavuga ko amaraso menshi acyenewe atangwa n'abantu kubushake bwabo binyuranye n'uburyo bwo kuyatanga mu miryango iyi ni intambwe ikomeye kuko ibi bivuga ko umurwayi uri mu bitaro ucyeneye amaraso ni nko ku mwizeza ko abona amaraso meza kandi ku gipimo gihagije igihe cyose ayacyeneye, ubwo rero iyi ni intambwe ikomeye."

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'ubuzima Dr. Nyemazi Jean Pierre we avuga ko u Rwanda nta kibazo cy'amaraso rufite ku barwayi bayakeneye. Yagize ati, "Nta bibazo dufite mu gihugu byuko umurwayi yaba yabuze amaraso mu bitaro, amaraso arahari mu gihugu. Dushaka abaturage mu ngeri zitandukanye, urubyiruko, abakuru, abakozi ,bose bagerwaho bagakangurirwa kuyatanga mu bitaro, mu bigo nderabuzima kandi bakayatanga ku buryo tutavuga ko hari ubura amaraso mu gihe ayakeneye."

Umuyobozi w'Umuryango nyafurika ushinzwe ibikorwa byo gutanga amaraso David Mvere avuga ko ubuziranenge mu kubika amaraso ari ngombwa, kandi ngo u Rwanda rwamaze kugera kuri iyo ntambwe.

Mu gihe cy’icyumweru abagize iryo tsinda baturutse muri Tanzania, Afurika y'Epfo, Misiri, Zimbabwe, Malawi, Cameroon na Ghana bazamara mu Rwanda, bazasobanurirwa imikorere y'indege nto zitagira abapilotes zo mu bwoko bwa drones zifashishwa mu gutwara amaraso aho acyenewe mu gihugu.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura