AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Inyungu ziri mu kwigisha ikoranabuhanga abana bato

Yanditswe Aug, 17 2022 16:00 PM | 52,643 Views



Abahanga mu rwego rw'ikoranabuhanga basanga guteza imbere ikoranabuhanga haherewe mu bakiri bato ari kimwe mu byitezweho gufasha igihugu kugera ku ntego zo kuba igicumbi cy'ikoranabuhanga muri Afurika.

Ku ishuri ry'incuke n'abanza New Generation Academy abana bari hagati y'imyaka 5 na 10 bari kuri za mudasobwa aho barimo gukora imikino itandukanye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Hari abashobora guhuza imibare itandukanye ikavamo umukino ari byo byitwa coding. Ni na ko kandi abanyeshuri biga ibijyanye na za robot bakomeje ubuvumbuzi bashingiye ku byo biga.

Iri koranabuhanga rituma biga imibare, amashanyarazi na mechanique.

Bamwe mu babyeyi b'aba bana basobanura uburyo aba bana bari munsi y'imyaka 10 batangiye gukora ubucukumbuzi ku ikoranabuhanga rihambaye n'uko babana na bo.

Umwe mu bayobozi b'ishuri rya New Generation Academy, Jean Claude Tuyisenge avuga ko iri koranabuhanga ari kimwe mu bishobora kurema urubyiruko rushobora guhangana ku isoko ry'umurimo.

Iri koranabuhanga rishingiye ku mpinduramatwara zagiye ziba mu bihe bitandukanye uhereye ahagana mu 1700, ubu muri iki gihe akaba ari impinduramatwara ya 4 aho ikoranabuhanga riyoboye.

Umuyobozi ukuriye ishami rishinzwe ikoranabuhanga mu burezi, Niyizamwiyitira Christine asobanura ko kuba hari ibigo byatangiye kwigisha ikoranabuhanga rizwi nka coding and robotics mu mashuri abanza byitezweho gutanga umusaruro mu kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Umuyobozi mukuru w'ikigo cy'igihugu gishinzwe imyuga n'ubumenyingiro (RTB) Eng Paul Umukunzi na we avuga ko kwigisha iri koranabuhanga mu bakiri bato bizatuma igihugu kibona abacurabwenge mu ikoranabuhanga bakenewe, ubu gahunda yo kugeza iri koranabuhanga no mu bindi bice by'igihugu ikaka ikomeje.

Ubu hari ishuri rimwe ry'ikitegererezo Rwanda Coding Academy mu Karere ka Nyabihu, rifite umwihariko wo gucura abahanga mu gukora program za mudasobwa (softwares). Gusa Leta irategenya kuryagura no kongera ubushobozi bwaryo.

KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko