Yanditswe Aug, 17 2022 16:00 PM | 52,922 Views
Abahanga mu rwego rw'ikoranabuhanga
basanga guteza imbere ikoranabuhanga haherewe mu bakiri bato ari kimwe mu
byitezweho gufasha igihugu kugera ku ntego zo kuba igicumbi cy'ikoranabuhanga
muri Afurika.
Ku ishuri ry'incuke n'abanza New Generation Academy abana bari hagati y'imyaka 5 na 10 bari kuri za mudasobwa aho barimo gukora imikino itandukanye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Hari abashobora guhuza imibare itandukanye ikavamo umukino ari byo byitwa coding. Ni na ko kandi abanyeshuri biga ibijyanye na za robot bakomeje ubuvumbuzi bashingiye ku byo biga.
Iri koranabuhanga rituma biga imibare, amashanyarazi na mechanique.
Bamwe mu babyeyi b'aba bana basobanura uburyo aba bana bari munsi y'imyaka 10 batangiye gukora ubucukumbuzi ku ikoranabuhanga rihambaye n'uko babana na bo.
Umwe mu bayobozi b'ishuri rya New Generation Academy, Jean Claude Tuyisenge avuga ko iri koranabuhanga ari kimwe mu bishobora kurema urubyiruko rushobora guhangana ku isoko ry'umurimo.
Iri koranabuhanga rishingiye ku mpinduramatwara zagiye ziba mu bihe bitandukanye uhereye ahagana mu 1700, ubu muri iki gihe akaba ari impinduramatwara ya 4 aho ikoranabuhanga riyoboye.
Umuyobozi ukuriye ishami rishinzwe ikoranabuhanga mu burezi, Niyizamwiyitira Christine asobanura ko kuba hari ibigo byatangiye kwigisha ikoranabuhanga rizwi nka coding and robotics mu mashuri abanza byitezweho gutanga umusaruro mu kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi.
Umuyobozi mukuru w'ikigo cy'igihugu gishinzwe imyuga n'ubumenyingiro (RTB) Eng Paul Umukunzi na we avuga ko kwigisha iri koranabuhanga mu bakiri bato bizatuma igihugu kibona abacurabwenge mu ikoranabuhanga bakenewe, ubu gahunda yo kugeza iri koranabuhanga no mu bindi bice by'igihugu ikaka ikomeje.
Ubu hari ishuri rimwe ry'ikitegererezo Rwanda Coding Academy mu Karere ka Nyabihu, rifite umwihariko wo gucura abahanga mu gukora program za mudasobwa (softwares). Gusa Leta irategenya kuryagura no kongera ubushobozi bwaryo.
KWIZERA John Patrick
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza ya Stanford
Mar 26, 2024
Soma inkuru