AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Inzego z'ubuzima ziraburira abagikerensa COVID19

Yanditswe Aug, 25 2020 15:39 PM | 76,677 Views



Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziraburira buri wese ugikerensa icyorezo cya COVID19, guhindura imyumvire ndetse agakaza ingamba zo kucyirinda kuko ngo bitabaye ibyo gishobora guhitana abatari bake. Izi nzego ziravuga ibi mu gihe mu cyumweru kimwe gusa iki cyorezo kimaze guhitana abagera kuri batanu ndetse abasaga 600 bakaba baracyanduye.

Ni mu masaha yo ku manywa, tugeze muri gare ya Nyabugogo, kamwe mu duce turangwamo urujya n’uruza rwinshi kurusha utundi haba mu mujyi wa Kigali ndetse no mu Rwanda muri rusange.

Aha i Nyabugogo tuhageze nyuma y’amasaha make mu Rwanda habonetse  abarwayi 200 banduye icyorezo cya COVID19 mu masaha 24 gusa. Ni wo mubare munini wabonetse mu munsi umwe gusa kuva cyagera mu Rwanda. Ni mu gihe kandi iki cyumweru kirangiye cyonyine kihariye abagera muri 600 bangana na 20% by’abarwayi ba koronavirusi bose bamaze kuboneka kuva umurwayi wa mbere yagaragara ku butaka bw’u Rwanda tariki 14 Werurwe uyu mwaka.

Uko iyi mibare izamuka ni nako n’impungenge zo kwandura iki cyorezo kuri bamwe ziyongera bigatuma barushaho kwishisha umujyi wa Kigali ugaragara nk’uwibasiwe kurusha ahandi mu gihugu.

Nyamara n’ubwo imibare y’abandura icyorezo cya COVID19 ikomeje kwiyongera, u Rwanda rufatwa nka kimwe mu bihugu by’intangarugero mu gufata ingamba zihamye zo guhangana n’iki cyorezo nkuko bikomeje kugarukwaho n’imiryango mpuzamahanga inyuranye harimo n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, OMS. Nonese ko imibare y’abandura yiyongera, byaba biterwa n’iki? Aba ni bamwe mu baturage.

Mu batungwa agatoki ko badohotse, harimo n’urubyiruko rw’abakorerabushake rwunganiraga izindi nzego mu guhwitura abatubahiriza ingamba zo kwirinda iki cyorezo. Gusa umuhuzabikorwa warwo ku rwego rw’igihugu MURENZI Abdallah, akemeza ko rurimo kwiminjiramo agafu.

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko mu gihe abagikerensa icyorezo baba badahinduye imyumvire, ingaruka zirimo no gupfusha abantu benshi bazize koronavirusi zakomeza kwiyongera.

Imibare myinshi y’abanduye muri iyi minsi ya vuba irimo guturuka mu masoko yo mu mujyi wa Kigali, icyiciro cyibasiwe nyuma y’ibindi byakibanjirije nk’icy’abaturuka mu mahanga, abatwara amakamyo yambukiranya imipaka, muri za kasho, I Rusizi, imidugudu imwe n’imwe yashyizwe muri guma mu rugo n’ibindi.

Gusa mu mboni za Dr. Vedaste NDAHINDWA, inzobere mu ndwara z’ibyorezo akaba anakorana n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, OMS, ngo aho ibintu bigeze biracyafite igaruriro.

Nyuma y’amezi 5 n’iminsi mike mu Rwanda habonetse umurwayi wa mbere wanduye icyorezo cya COVID19, hamaze gufatwa ibipimo bisaga ibihumbi 360, abanduye bakaba basaga 3000, ni hafi 1% y’ibipimo byose. Ni mu gihe kandi abasaga 1 750 bamaze gukira ndetse abandi barenga gato 1300 barakitabwaho n’abaganga mu gihe 12 aribo bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Inzego z’ubuzima zivuga ko iyi mibare ishobora no kwiyongera mu gihe buri wese adakajije ingamba zo kwirinda.


Divin UWAYO 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama