AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Inzu ziciriritse mu midugudu zigomba kugera no ku bimuwe--Min. Gen.Kabarebe

Yanditswe May, 25 2017 18:08 PM | 3,095 Views



Minisitiri w'ingabo Gen. James Kabarebe arakangurira abubaka amacumbi aciriritse kujya bashaka uburyo ababa basanzwe batuye aho bubaka nabo baba bamwe mu bagenerwa bikorwa b'iyo mishinga. Gen. Kabarebe akaba avuga ko ibyo nabyo byafasha mu gukemura ikibazo cy'imiturire y'akajagari.

Mu kagari ka Gako mu murenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro, niho hubatse umudugudu w'amacumbi aciriritse 32, yubatswe mu buryo bumaze kumenyerwa nka four in one. Ubwo yatahaga uyu mudugudu kumugaragaro, Minisitiri w'ingabo Gen. James Kabarebe, yakanguriye abafite imishinga yo kubaka amacumbi aciriritse hirya no hino mu gihugu, gushaka uko abasanzwe bimurwa aho bashyira ibikorwa byabo, baba bamwe mu bagenerwa bikorwa b'iyo mishinga, ibintu yemeza ko  nabyo byafasha  gukemura ikibazo cy'imiturire y'akajagari.

Uyu mudugudu wubatswe na kompanyi ABADAHIGWA KU NTEGO, yibarutswe na koperative KVCS igizwe n'abahoze mu ngabo z'igihugu. Buri nzu muri zo ifite uruganiriro, ibyumba 3 imbere, ubwiherero 2 n'ubwogero, n'ibindi byumba 2 hanze birikumwe n'ubwogero ndetse n'ubwiherero. Mukagashugi Joyce, ni umwe muri 13 bamaze kuguramo iyabo, wemeza ko miliyoni 18 n'ibihumbi 600 atari igihendo.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira