AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Isaha abantu basabwa kuba bageze mu ngo yasubijwe saa tatu z'ijoro

Yanditswe Sep, 11 2020 06:57 AM | 78,640 Views



Ku wa Kane, tariki ya 10 Nzeri 2020, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul KAGAME. 

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 26/08/2020. 

2. Inama y’Abaminisitiri yongeye gusuzuma ingamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’Icyorezo cya COVID-19, yemeza ko ingamba zisanzweho zemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 26/08/2020 zizakomeza gukurikizwa, ariko hakiyongeraho ingamba nshya n’izahinduwe ku buryo bukurikira, na zo zigomba guhita zishyirwa mu bikorwa. 

a) Ingendo zirabujijwe guhera saa tatu z’ijoro (9:00 pm) kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo (5:00 am).

b) Ingendo zo kujya no kuva mu Karere ka Rusizi mu modoka bwite (private transport) ziremewe, ariko hubahirizwa amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima;

c) Amakoraniro atandukanye yabiherewe uburenganzira,  harimo inama n’ubukwe, bizakomeza hubahirizwa amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima harimo kwipimisha COVID-19 (abayitabiriye bakiyishyurira ikiguzi cy’iyo serivisi). Umubare wabo ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira. Uruhushya ruzajya rutangwa n’Inzego z’Ibanze ndetse n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) habanje gusuzumwa ko amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima yubahirijwe.

d) Abantu bose bitabira ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki z’Igihugu bagomba kwipimisha COVID-19 kandi bakiyishyurira ikiguzi cy’iyo serivisi. 

Izi ngamba zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15 hashingiwe ku isesengura ry’Inzego z’Ubuzima. 

Abaturage barongera kwibutswa ko ari ngombwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo: gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa no gukaraba intoki. Abatazabyubahiriza bazafatirwa ibihano. 

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje umushinga w’itegeko rigenga Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB). 

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki yo kwegurira abikorera bimwe mu bigo, imitungo n’imigabane bya Leta (privatization policy).   

5. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho ibi bikurikira: 

- Uko isuzuma ku ishyirwa mu bikorwa ry’Imihigo y’umwaka wa 2019/2020 ryakozwe n’itegurwa ry’Imihigo y’umwaka wa 2020/2021;

- Imyiteguro y’Igihembwe cy’ihinga 2021 A;  Kwakira amarushanwa mpuzamahanga mu Rwanda no kwitabira azabera mu bindi bihugu. 

6. Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi bakurikira: 

  Agaciro Development Fund 

  NYATANYI Gilbert: Chief Executive Officer. 

  Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) 

 Abagize Inama y’Ubutegetsi 

- Prof WHALES Christopher: Perezida; 

- MUKESHIMANA Marcel: Visi Perezida;

- Prof FISSEHA Senait: Ugize Inama y’Ubutegetsi;

- MARARA SHYAKA Patrick: Ugize Inama y’Ubutegetsi;

- USENGE Kephers: Ugize Inama y’Ubutegetsi;

- BWAKIRA Liliane: Ugize Inama y’Ubutegetsi;

- Dr AYINGENEYE Violette: Ugize Inama y’Ubutegetsi;

- GATSIMBANYI Yves: Ugize Inama y’Ubutegetsi;

- NDAYISHIMIYE Alain: Ugize Inama y’Ubutegetsi. 

Bikorewe i Kigali, ku wa 10 Nzeri 2020. 

Dr. Edouard Ngirente

Minisitiri w’Intebe



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama