AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Isura nshya ya Muhanga na Huye kubera imihanda ya kaburimbo

Yanditswe Jun, 19 2021 18:08 PM | 87,061 Views



Nubwo bimwe mu bikorwa byakomwe mu nkokora n’ingaruka  z’icyorezo cya covid 19, Umujyi wa Muhanga wongerewe umuhanda wa kaburimbo wa kilometero 1.5 kuko wasoje ku gihe ikorwa ry’imihanda.

 Abatuye mu Karere ka Muhanga na Huye bavuga ko batatekerezaga ko uduce batuyemo twashyirwamo kaburimbo ibi bikaba byarahinduye ubucuruzi.

Ikorwa ry’ibirometero 12 bya kaburimbo mu murenge wa Shyogwe na Nyamabuye mu mugi wa Muhanga by’umwihariko mu duce twitaruye umugi ryahinduye isura y’imiturire, ndetse ubucuruzi bugakorwa ku manywa na nijoro.

Aka karere karangije imirimo ku gihe bigaha amahirwe yo kongezwa kilometero 1 n’igice.

Sosiyete zikora zikora iyi mihanda zivuga ko kwihutisha imirimo binaturuka ku kuba ibi bikorwaremezo biba bikenewe cyane n’ubwo byakomwe mu nkokora na covid 19 aho hasabwa gukoresha abakozi bacye.

Yang Zhi Hang ukorera CRBC yagize ati “Kugeza ubu twamaze kumurika umuhanda mu buryo bw’agateganyo, ndetse ubu dufite certificate bivuze ko ibikorwa byarangiye 100%. Tuzi kandi ko icyiciro cya 3 kizatangira nko mu kwa munani cyangwa ukwa cyenda. Ari jye na sosiyete nkorera China Road twifuza kongera gukora iyi mirimo.”

Abatuye muri uyu mujyi ndetse n’abawugenda basobanura ko kuba utari kure ya Kigali biwuha amahirwe yo gukomeza kwaguka mu miturire n’ubucuruzi biturutse kuri ibi bikorwaremezo bikenewe na benshi.

Mu mirenge ya Mukura na Ngoma mu Mujyi wa Huye na yo yashyizwemo imihanda ya kaburimbo ingana n’ibilometero 11.9 kandi iracanirwa. Abahatuye barimo n’abakora ibikorwa by’ubucuruzi bashimangira ko nta nzozi bigeze bagira z’uko utu duce twagezwamo ibi bikorwa.

Ubuyobozi bw’uturere twa Muhanga na Huye busobanura ko imigi yunganira Kigali izakomeza kwitabwaho kugira ngo ihindure ubuzima bw’abayituye bityo iterambere ry’ubukungu bwayo naryo rizamuke kurushaho.

Muri gahunda yo gukomeza kongera ibikorwaremezo mu mijyi yunganira uwa Kigali, guhera mu kwezi kwa 7 uyu mwaka Akarere ka Muhanga kazakorwamo indi mihanda ya kaburimbo ku birometero 6.9 na ho Huye izakorwemo ibirometero 4.9 bikajyana no gutunganya za ruhurura n’inzira z’abanyamaguru.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize