AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Iterambere nyaryo rihera mu myumvire-Perezida Kagame

Yanditswe May, 17 2016 18:19 PM | 2,285 Views



Mu murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi,kuri uyu wa kabiri Perezida Paul Kagame yatangaje ko iterambere nyaryo  rihera mu myumvire kandi kurigeraho bigashingira ku murimo unoze.

Ku kibuga cy'umupira cya Karora murenge wa Mubuga,niho abaturage b'akarere ka Karongi bakiriye Perezida Kagame . Hari hashize umwaka umukuru w’igihugu asuye aka karere akaba yari agarutse nk’uko yari yabisezeranyije ubwo yakirirwaga mu murenge wa Birambo muri Kamena umwaka ushize.

Perezida Kagame yagaragaje umurimo unoze nk'imbarutso y'iterambere kandi ashimangira ko iterambere rihera  mu guhindura imyumvire.

Yagize ati :“… Imikorere, ubwumvikane, n'imikoranire y'abaturage n'inzego zitandukanye bigira uruhare mu iterambere. Tugomba kugira umuco wo gukora, tugakora ibidufitiye inyungu…”

Abaturage ibihumbi bari baje kumwakira bagaragaje Perezida Kagame nk'umukuru w'igihugu ufite umwihariko mu kwegera abaturage,kumva ibyifuzo byabo no guharanira iterembere  ryabo nta vangura.

Mu ijambo ry’umukuru w’igihugu hakubiyemo ibisubizo by’ibibazo abatuye aka karere bari bamutegerejeho.Harimo gukomeza kubagezaho ingufu z’amashanyarazi no gukomeza kugabanya ubukene.

Akarere ka Karongi gatuwe n'abaturage basaga  ibihumbi magana 330. Mu  2011 abari munsi y'umurongo w'ubukene bari 39 % umubare waje kugabanuka bakagera kuri 21% muri 2015. Ni akerere kaberanye n'ubukerarugendo ku buryo gakeneye imihanda mu mujyi wako.

Mu byo abatuye akarere bishimira harimo ibikorwa remezo bikomeye bibarirwa mu gaciro k'amamiliyari birimo uruganda rukora amashanyarazi , muri gaz methane ,umuhanda wa kaburimbo unyura ku nkengero  z'ikiyaga cya Kivu,hamwe na gahunda zitandukanye zigamije kuzamura imibereho y’abaturage.




Neretse Jean

ibyo umuyobozi wacu atubwira nibyiza koko ubukene ni mumutwe! May 17, 2016


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira