AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Itsinda ry'Abayobozi bakuru 25 ryaturutse muri Sudani y'Epfo ryasuye ikigo cya Mutobo

Yanditswe Nov, 28 2021 10:36 AM | 39,585 Views



Kuri iki Cyumweru, itsinda ry'abayobozi bakuru 25 ryaturutse muri Sudani y'Amajyepfo rigizwe n'abaminisitiri, abadepite ndetse n'abayobozi bakuru mu ngabo na Polisi by'iki gihugu basuye ikigo cya Mutobo giherereye mu karere ka Musanze.

Basobanuriwe uko iki kigo kinyuzwamo abahoze ari abarwanyi mu mashyamba ya Congo cyashinzwe n'intego zacyo, aho  abanyuzwamo uretse kwigishwa gahunda ya Ndi Umunyarwanda , uburere mboneragihugu bibafasha gusubira mu buzima busanzwe.

Iri tsinda ryatangiye ibikorwa byaryo mu Rwanda ku wa Gatandatu, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ndetse basura n'umudugudu w'Icyitegererezo wa Kinigi.

Kuri uyu Mbere bazatangira gukurikira amasomo arebana n'ubwiyunge nyuma yo kuva mu ntambara, kubaka amahoro ndetse n'ituze mu kigo Rwanda Peace Academy, iki akaba ari nayo gahunda nkuru yabazanye mu Rwanda .

Ikigo cya Mutobo kimaze kunyuzwamo abahoze ari abarwanyi mu mashyamba ya Congo bagera ku bihumbi 12, aba bakaba barasubijwe mu buzima busanzwe.

Hakiyongeraho abarimo guhabwa amasomo ubu bari mu byiciro bya 67 , 68 na  69  bakaba ari 729.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira