AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

KCCA FC yo muri Uganda yegukanye CECAFA Kagame cup ya 2019

Yanditswe Jul, 21 2019 19:04 PM | 14,077 Views



Ikipe KCCA FC yo muri Uganda yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup cya 2019 itsinze Azam FC yo muri Tanzania igitego kimwe ku busa.

Igitego rukumbi cyabonetse mu mukino cyatsinzwe na Mustafa Kiiza ku munota wa 63.

KCCA yaherukaga kwegukana iki  mu 1978 ubwo yatsindaga Simba SC yo muri Tanzania.

Iri rushanwa ryari rimaze ibyumweru bibiri bibera i Kigali, mu makipe atatu yari ahagarariye u Rwanda ntayabashije kwitwara neza.

KCCA itwaye iki gikombe ikaba ari yo yari yasezereye Rayon Sports muri 1/4.

Uretse amakipe yo mu Rwanda, andi makipe yabwaga amahirwe menshi yo kwegukana iri rushanwa yavuyemo rugikubita, iyavugwaga cyane ni TP Mazempe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Iri rushanwa rikaba ryarabereye mu mijyi itatu y'u Rwanda, Kigali, Huye ndetse na Rubavu.

Uku ni ko amatsinda yari ateye:

Group A: Rayon Sports FC, TP Mazembe, KMC, Atlabara

Group B: Azam FC, Mukura VS, Bandari FC, KCCA

Group C: APR FC, Proline FC, Green Eagles & Heegan FC

Group D: Gor Mahia, AS Maniema Union, KMKM & AS Ports





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize