Yanditswe Apr, 19 2022 10:39 AM | 49,443 Views
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Karongi barasaba ko ku musozi wa Gatwaro hashyirwa ubusitani bwo kwibuka. Impamvu babisaba ni uko kuri uyu musozi ari ho hari hakambitse abicanyi n’imbunda bakoresheje bica Abatutsi bari bahungiye munsi y’uyu musozi cyane cyane kuri Stade Gatwaro.
Umujyi wa Karongi uzengurutswe n’imisozi irimo n’uwa Gatwaro. Ni kuri uyu musozi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hari hakambitse interahamwe, abajandarume, abasirikare n’abandi bafatanyaga kwica Abatutsi.
Munsi yawo hahoze Stade Gatwaro. Iyi yari yahurijwemo Abatutsi benshi bari bavanywe mu makomini arenga 5, n’abandi bari bahaje bizeye ko baza kuharokokera. Kubera uburyo uyu muzosi ari muremure, abicanyi bari bawuteretsemo imbunda zarasaga ahari abatutsi hose ariko zibanze ku bari muri Stade Gatwaro. Nguko uko itariki ya 18 Mata 1994 yaje kuba iy’imperuka kuri bo.
Ku wa 18 Mata 2022 ni bwo hibustwe Abatutsi biciwe kuri stade Gatwaro, kuri Home Saint Jean, kuri Paroisse Saint Pierre,i Nyamishaba n’ahandi mu bice byegereye umujyi. Hanashyinguwe kandi mu cyubahiro imibiri 19 yabonetse mu mirenge itandukanye. Irimo umubiri w’umuvandimwe wa Ayinkamiye Anne Marie. Ni we mubiri wonyine uyu mubyeyi yabonye mu bantu bose bo mu muryango we bishwe. Yishimiye ko yashyinguye umuvandimwe we mu cyubahiro ariko asaba ko n’abandi batari baboneka bishwe, abafite amakuru y’aho bajugunywe bayatanga.
Baranasaba kandi ko ku musozi wa Gatwaro hashyirwa ubusitani bwo kwibuka. Ni icyifuzo cy’abarokokeye aha bose.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko Francois yijeje ko ubwo busitani buzubakwa. Yasabye kandi abazi ahaherereye imibiri y’abatutsi bishwe itari yaboneka ko bayatanga kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Urwibusto rwa Jenoside rwa Gatwaro ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 15.
Aphrodis MUHIRE
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
4 hours
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru