AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Kicukiro: Akarere karasaba inzego zose gufatanya bagasubiza abana mu mashuli

Yanditswe Feb, 27 2017 16:18 PM | 2,068 Views



Akarere ka Kicukiro karasaba inzego z'ibanze, ababyeyi n'abayobozi b'ibigo by'amashuri guhuza imbaraga kugira ngo ntihagire umwana uvutswa uburenganzira bwo kwiga amashuri y'ibanze.

Ibi ni mugihe hakomeje gahunda yo gusubiza aba bana mu mashuri. Abana bakunze guta amashuri kubera icyo bamwe bita ubushobozi bucye. Kugeza ubu mu Rwanda imyaka 12 y'uburezi bw'ibanze abana bayigira ubuntu nta mafaranga basabwe.

Gusa, hari hamwe na hamwe hakiri abana birukanwa ku ishuli kubera kubura amafaranga y'ishuli, ay'ifunguro rya saa sita cyangwa ibikoresho by'ishuli.

Bamwe mu bayobozi b'ibigo bitunga agatoki ababyeyi bategera abayobozi b'ibigo by'amashuli kugira ngo baganire ku bibazo.

Imibare ya ministeri y'uburezi igaragaza ko  mu mwaka w'2015 abanyeshuri bahwanye na 5,7% mu mashuli aribo bataye ishuli mu gihe mu cyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye bari ku gipimo cya 6,5% naho mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye iki gipimo cyari gihagaze kuri 2,5%




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura