AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Kwibuka28: Ku myaka 12 gusa, Nimukuze yarokoye uruhinja rw'amezi 5

Yanditswe Apr, 09 2022 13:49 PM | 39,879 Views



Nimukuze Clementine wo mu Karere ka Rulindo wari ufite imyaka 12 gusa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yarokoye uruhinja rw'amezi 5 arujyana iwabo bararurera rurakura. Ubu uwo mwana yarakuze, akaba ashima  ubumuntu n'ubwitange bw'abamurokoye.

Mu Mudugudu wa Rugendabari mu Karere ka Rulindo kwa Nyirakimonyo Esteri ni ho Eliie Tuyishimire  wari ufite amezi atanu muri Jenoside yakorewe  abatutsi yarokokeye, nyuma yo kuhazanwa na Nimukuze Clementine, umwana wo muri uru rugo na we wari ufite imyaka  12. Yamutoraguye ahitwa i Rutonde.

Nimukuze Clementine avuga ko akimara kuzana uyu mwana mu rugo abaturanyi bamuciye intege bamubwira ko atazabaho, icyakora ngo bakomeza kumwitaho uko bishoboka kugeza akuze.

Nimukuze Clementine wari ufite imyaka 12 akarokora uruhinja

I Rutonde ahatoraguwe Tuyishimire Elie kuri ubu hari urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi. Nimukuze  wamurokoye avuga ko nta makuru y'inkomoko y'uyu mwana kuko ahamusanga nta cyangombwa kimuranga cyari hafi ye habe n'undi muntu bari kumwe.

Tuyishimire Elie ntiyagize amahirwe yo gukomeza amashuri icyakora kuri ubu,ni umushoferi ku kigo nderabuzima cya Ntarama, akazi avuga ko akesha kuba yararokotse.

 Ashimira umuryango wamurokoye akavuga atabona icyo awitura gihwanye n'ubuzima bamuhaye. 

Ashishikariza urubyiruko rwarokotse jenoside kudaheranwa n'agahinda ahubwo bagahaguruka bakiteza imbere.

Tuyishimire Elie warokowe ari uruhinja

Ku ruhande rw'umuryango warokoye uyu mwana na bo ngo baterwa ishema no kuba bobona atera imbere uko bwije n'uko bukeye, bavuga ko ikibazo cyose bagize bamwiyambaza nk'umwana babyaye. 

Kugeza ubu Tuyishimire avuga ko nta makuru na make afite y'inkomoko ye, ibi ni byo bituma arushaho gutekereza cyane ku cyatuma ataba mu bwigunge ahubwo akarushaho gukora cyane no gushaka inshuti.


MBABAZI Dorothy



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura