AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Kugabanya umuvundo w'imodoka mu Mujyi wa Kigali bigeze he?

Yanditswe Sep, 14 2022 20:13 PM | 169,488 Views



Bamwe mu batwara  ibinyabiziga mu Mujyi wa Kigali barasaba ubuyobozi bw'uyu mujyi, kwihutisha ikorwa ry'imihanda yadindiye kandi yari yitezweho kugabanya ikibazo cy'umuvundo w'imodoka gikunze kugaragara mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali.

Ikibazo cy'umubyigano w'imodoka mu Mujyi wa Kigali gikunze kugaragara mu mihanda iva muri gare mpuzamahanga ya Nyabugogo yerekeza mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali no mu ntara, n'ahandi hantu hatandukanye hahurira imodoka ziva cyangwa zigana mu byerekezo bitandukanye.

Hari imihanda imaze igihe ishyizwe  mu igenamigambi ry'Umujyi wa Kigali, abaturage bavuga ko yagabanya cyane iki kibazo ariko ngo babona imirimo yo kuyikora isa n'iyadindiye mu gihe umubare w'ibinyabiziga bitwara abantu mu buryo bwa rusange n'iby'abantu kugiti cyabo ukomeje kwiyongera muri uyu mujyi wa Kigali

Uwitwa Nsabimana Theogene yagize ati ''Kuba uyu muhanda uva mu izindiro ugana mu Masizi ugakomeza aho bita mu Birembo udakoze ni igihombo ku bantu, kubera ko abaturuka za Musave n'abaturuka aho bita kwa ba Sekimondo bose bakoresha uriya muhanda wonyine, bigatuma kugera Kimironko hariya imbere ya Gare no ku gisimenti kwa Lando hose haba ambutiyaje bitewe n'uko ubundi bagaciye muri uyunguyu ariko barawutinya bose kubera ko dakoze."

Mu biganiro ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali buherutse kugirana na komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y'imari n'umutungo w'igihugu, bwavuze ko gutinda gukora iyi mihanda byatewe n'impamvu zitandukanye, ariko ngo mu minsi ya vuba baratangira kuyikora.

Ku rundi ruhande hari imihanda yatangiye gukorwa hagamijwe kugabanya ubucucike bw'imodoka mu mihanda ya Kigali, harimo uturuka  hafi y'icyiraro cya Nyabugogo werekeza mu bice bya Norvege, Mont Kigali na Nyamirambo.

Abawukoresha bavuga ko byabakemuriye ikibazo cyo gutinda  mu mihanda.

Ubuyobozi bw'Umujyi wa Kigali buvuga ko uyu mwaka w'ingengo y'imari uzarangira imihanda y'ingenzi ikenewe cyane muri uyu mujyi yaramaze gukorwa cyangwa igeze ku kigero gishimishije.

Jean Paul MANIRAHO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir