AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Kuki aborozi batitabira kujyana amata ku makusanyirizo mu Ntara y’Iburasirazuba?

Yanditswe Dec, 07 2022 19:29 PM | 148,635 Views



Minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi ivuga ko Uturere two mu Ntara y’Iburasirazuba dukorerwamo ubworozi bw’Inka twagejejwemo ibikorwaremezo byakira umukamo w'amata ku makusanyirizo,  ariko aborozi ntibarashobora guhaza ubushobozi bw'ibyo bikoresho.

Aborozi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko iki kibazo  giterwa na  bamwe mu borozi  bagurishiriza amata hanze y’amakusanyirizo.

Hafatiwe ku rugero rw’ikusanyirizo rya Rwimbogo riri mu karere ka Gatsibo,  ni hamwe mu hari icyuho cy’amata kuko iri kusanyirizo rifite ubushobozi bwo kwakira litilo ibihumbi birindwi ku munsi ariko ayo ribona ntarenga litilo ibihumbi bitatu ku munsi. 

Abahagemura amata bakagaragaza ko nubwo batunze Inka nyinshi, ariko izitanga umukamo zikaba nke,  hari  n'amata agurishirizwa hanze y’amakusanyirizo.

Minisitiri w'ubuhinzi n'ubworozi, Dr.Geraldine Mukeshimana aherutse kuvuga ko  hari impungenge zibikoresho byagejejwe ku makusanyirizo y'amata ariko hakabura umukamo uhagije.

Bivugwa ko amata atazanwa ku makusanyirizo agurishwa  mu mahoteri n'ama restaraunts, ibintu binyuranije n’amabwiriza agenga amakoperative y’aborozi kandi ari nabo bafite inshingano zo kugenzura ko amata yose agezwa ku makusanyirizo, ariko bamwe mu ribo ngo nibo babaca imyuma bakigurishiriza amata hanze y’amakusanyirizo.

Ntabwo byashobokeye RBA kubona aborozi bavugwaho iyo mikorere inyuranije n’amabwiriza kugira ngo bagire icyo babivugaho ndetse yewe n’amahoteri hamwe n’ama restaraunts  bivugwa ko agurishwaho ayo mata. 

Cyokora umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry' ubukungu, Sekanyange Jean Leonard avuga ko kugeza ubu umuturage ukenera amata agomba kujya ayakura kwikusanyirizo mu rwego rwo guca iyo mikorere.

Mu karere ka Gatsibo imibare igaragaza ko haboneka umukamo w'amata  litilo ibihumbi 50 buri munsi, ariko agezwa ku makusanyirizo ni litilo ibihumbi 20 ku munsi.

Maurice Ndayambaje




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura