Yanditswe Dec, 07 2022 19:29 PM | 148,635 Views
Minisiteri
y'ubuhinzi n'ubworozi ivuga ko Uturere two mu Ntara y’Iburasirazuba dukorerwamo
ubworozi bw’Inka twagejejwemo ibikorwaremezo byakira umukamo w'amata ku makusanyirizo,
ariko aborozi ntibarashobora guhaza
ubushobozi bw'ibyo bikoresho.
Aborozi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko iki kibazo giterwa na bamwe mu borozi bagurishiriza amata hanze y’amakusanyirizo.
Hafatiwe ku rugero rw’ikusanyirizo rya Rwimbogo riri mu karere ka Gatsibo, ni hamwe mu hari icyuho cy’amata kuko iri kusanyirizo rifite ubushobozi bwo kwakira litilo ibihumbi birindwi ku munsi ariko ayo ribona ntarenga litilo ibihumbi bitatu ku munsi.
Abahagemura amata bakagaragaza ko nubwo batunze Inka nyinshi, ariko izitanga umukamo zikaba nke, hari n'amata agurishirizwa hanze y’amakusanyirizo.
Minisitiri w'ubuhinzi n'ubworozi, Dr.Geraldine Mukeshimana aherutse kuvuga ko hari impungenge zibikoresho byagejejwe ku makusanyirizo y'amata ariko hakabura umukamo uhagije.
Bivugwa ko amata atazanwa ku makusanyirizo agurishwa mu mahoteri n'ama restaraunts, ibintu binyuranije n’amabwiriza agenga amakoperative y’aborozi kandi ari nabo bafite inshingano zo kugenzura ko amata yose agezwa ku makusanyirizo, ariko bamwe mu ribo ngo nibo babaca imyuma bakigurishiriza amata hanze y’amakusanyirizo.
Ntabwo byashobokeye RBA kubona aborozi bavugwaho iyo mikorere inyuranije n’amabwiriza kugira ngo bagire icyo babivugaho ndetse yewe n’amahoteri hamwe n’ama restaraunts bivugwa ko agurishwaho ayo mata.
Cyokora umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry' ubukungu, Sekanyange Jean Leonard avuga ko kugeza ubu umuturage ukenera amata agomba kujya ayakura kwikusanyirizo mu rwego rwo guca iyo mikorere.
Mu karere ka Gatsibo imibare igaragaza ko haboneka umukamo w'amata litilo ibihumbi 50 buri munsi, ariko agezwa ku makusanyirizo ni litilo ibihumbi 20 ku munsi.
Maurice Ndayambaje
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru