Yanditswe May, 22 2022 13:41 PM | 100,372 Views
Abakurikiranira hafi iby'amasoko yo mu karere ka
Rubavu, baravuga ko kuba adatanga umusaruro yari yitezweho yubakwa, ku
ikubitiro biterwa no kuba inyigo yayo nta ruhare yahaye umuturage mu guhitamo
no kugena aho abereye kubakwa.
Menshi mu masoko yo muri Rubavu ntakora neza, yambaye ubusa nyamara abazunguzayi buzuye Umujyi wose.
Amwe mu masoko arimo irya Kanzenze, Rugerero na Karukogo amaze imyaka irenga 20 yubatswe nyamara iterambere ariho bigaragara ko atariryo yakabayeho, kuko ahoramo ibibazo by'imikorere.
Abayakoreramo n’abayaturiye basanga intandaro y’iki kibazo ari uko mbere yo kuyubaka, umuturage atahawe umwanya wo kugaragaza aho yakubakwa birangira ashyizwe ahatabereye.
Ibibazo by'imikorere y'amasoko ntibigaragara muri Rugerero, Kanzenze na Karukogo gusa, kuko birakururana ukabisanga no mu isoko rya Mbugangari riri mu Murenge wa Gisenyi.
Mbugangari ibibazo byaho bishingiye ku mikorere hagati yaryo n'isoko rya Karukogo ku bijyanye no kuvuga ngo ibi biracururizwa aha, ibindi bibe aha ahanini birimo inkoko, ibitunguru n'inyanya n'ibindi.
Nk'ubu bamwe mu bacuruzi bivanye Karukogo bagaruka Mbugangari ngo ku bw'ibihombo bahahuriye nabyo, ariko kandi abasigaye Karukogo nabo barijujuta ntibishimiye ko hari abagiye kuko babifata nk'ibisenya isoko ryabo
By'umwihariko ikibazo cya Mbugangari na Karukogo, ubuyobozi bw’Akarere bwacyinjiyemo.
Mu mizo ya mbere ubuyobozi bw'Akarere bwashyigikiye ko ibicuruzwa byimuriwe Karukogo bgumayo ariko nyuma yo kubona ko abacururiza Mbugangari batabikozwa ubuyobozi bw’akarere bwisubiyeho bwemera ibyifuzo by'abakorera Mbugangari.
Abaturage bagaragaza ko imikorere y'amasoko ikwiye kugira umurongo unoze ukemura ibibazo byose by'ubucuruzi harimo n'icyo gucururiza mu kajagari no mu mihanda kikiri ingorabahizi muri Rubavu.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse kuri iki kibazo aragaragaza ikigiye gukorwa amasoko ahari ngo abyare ibisubizo.
Ariko ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bugaragaza ko abikorera nabo bakwiye kubigiramo uruhare, bagaragaza imishinga ishobora gutuma ayo masoko akora neza kugirango ahe service nziza abaturage.
Freddy Ruterana
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru