AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kwibohora 25: Icyifuzo ni ukutagira abakene-Perezida Kagame

Yanditswe Jul, 03 2019 13:07 PM | 21,221 Views



Kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiranye ikiganiro n'abanyamakuru bo mu Rwanda ndetse no mu mahanga nyuma y'aho bari bamaze gukora urugendo rugamije kumenya ahantu h'ingenzi haranze urugamba rwo kubohora u Rwanda mu myaka 25 ishize.

Ni ikiganiro kibanze cyane ku byo u Rwanda rwagezeho mu myaka 25 ishize rwibohoye ndetse no ku zindi ngingo zitandukanye zaba izireba u Rwanda ndetse n'izireba ibindi bihugu.

Perezida Kagame yavuze ko aho u Rwanda rugeze hashimishije cyane, avuga ko urugendo rukomeje kugira ngo rugere heza kurushaho. Mu byakozwe harimo kugabanya ubukene ariko yashimangiye ko icyifuzo u Rwanda rufite ari ukutagira abakene.

Yagize ati "Mu myaka 25 ishize mbona hari ibintu byinshi byakozwe ndetse bimwe bikagerwaho abantu batari bazi ngo barabigeraho. Niba byanashoboraga no kuba biruse ibyo twagezeho ubu ni cyo cyari icyifuzo ariko ubwo kubera impamvu ziba zitandukanye ntabwo iteka buri gihe umuntu agera  ku cyifuzo uko yabyifuzaga n’igihe yabyifurizagamo. Ariko iyo ubona uri mu rugendo rwiza rugenda rufite aho rukugeza ibyo na byo urabyishimira."

Yunzemo ati "Navuga ko aho tugeza mu myaka 25 ari mu nzira y'ibyo twifuzaga ku rwego runini ariko sinavuga ni buri kintu cyose; ariko icyifuzo ni ukutagira abakene, ni ugukomeza rero gushyiraho umurego kugira noneho tugabanye abakene. Niba ari ikibazo cy'umutekano, hari umutekano dufite cyangwe ntawo dufite? Turashaka ko ikibazo dufite kijyanye n'umutekano giteye gite? Kirava he kigera he? Twagabanya dute umutekano muke waba uriho mu gice runaka cy'Igihugu cyangwa iki? Ariko byose ugiye ushyira hamwe usanga biri hejuru ku byo twifuzaga ku majyambere y'Abanyarwanda, ku mutekano w'Abanyarwanda no gutera imbere kw'Abanyarwanda."

Iki kiganiro kibaye mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora  ku nshuro ya 25 uzaba tariki ya 4 Nyakanga, ku rwego rw'Igihugu ukazabera kuri Stade Amahoro i Remera, ahazaba hari n'abanyacyubahiro batandukanye baturutse mu bihugu bitandukanye.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage